• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Umukozi wa Banki ya Kigali(BK) yatawe muri yombi azira amafaranga asaga miliyoni 10

Umwanditsi
November 12, 2017

Miliyoni zisaga icumi z’amafaranga y’u Rwanda nizo nyirabayazana w’itabwa muri yombi ry’umukozi wa banki ya Kigali (BK) ishami rya Ruyenzi witwa Oscal Tunga. Ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi sitasiyo ya Runda.

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yahamirije intyoza.com ko amakuru y’itabwa muri yombi ry’umukozi wa Banki ya Kigali witwa Tunga Oscal wakoraga mu ishami ryayo rya Ruyenzi ari impamo, ko afunzwe na Polisi.

ACP Badege, yatangaje intyoza.com kandi ko uyu mukozi Oscal Tunga wa BK, yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda nyuma y’igenzura ryari rimaze gukorwa n’iyi banki akoramo hanyuma bagahita bamenyesha Polisi y’u Rwanda ari nayo yamufashe.

Tunga Oscal, yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Runda tariki ya 9 Ugushyingo 2017 ahagana ku i saha ya saa tanu zishyira saa sita, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi y’Umurenge wa Runda aho biteganijwe ko azagezwa imbere y’ubutabera akabazwa ku byaha akurikiranyweho.

Amakuru yizewe agera ku intyoza.com, ni ahamya ko mu genzura ryakorewe uyu mukozi wa Banki yaKigali-BK, rikozwe n’umukoresha we basanze miliyoni zisaga icumi zitabonerwa irengero ahubwo ngo bamusangana imifungo y’amafaranga y’inote menshi afunze mu buryo buvanze kandi mu busanzwe buri noti ifungwana n’iyo binganya agaciro. Hari aho ngo basangaga mu mufungo w’inote za bitanu higanjemo iz’amafaranga ibihumbi bibiri y’u Rwanda.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga