• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Abamirisitiri babiri bahagaritswe muri Guverinoma y’u Rwanda

Umwanditsi
December 6, 2017

Minisitiri Nsengimana Philbert wari ushinzwe Minisiteri y’ Ikoranabuhanga ndetse na Minisitiri Malimba Papias w’Uburezi bahagaritswe muri Guverinoma y’u Rwanda. Bahise basimbuzwa byihuse.

Minisitiri ushinzwe Ikoranabuhanga n’itumanaho bwana Jean Philbert Nsengimana hamwe na Minisitiri Papias Malimba wari ushinzwe Minisiteri y’Uburezi bakuwe mu buryo butunguranye muri Guverinoma.

Ikurwa muri Guverinoma ry’aba ba Minisitiri uko ari babiri, rije mu gihe ku munsi w’ejo tariki 5 Ukuboza 2017 hari hateranye inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida wa  Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ariko mu byemezo by’iyi nama y’Abaminisitiri yateranye bakaba batari ku rutonde rw’abari  bagize icyo bakorwaho cyangwa se bavugwaho.

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bwana, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa gatatu tariki 6 Ukuboza 2017, Perezida wa Repubulika y’u  Rwanda, Paul Kagame ashingiye ku bubasha ahabwa n’Amategeko, yashyize mu myanya bwana Minisitiri Eugene Mutimura kuyobora Minisitiri y’Uburezi aho asimbuye bwana Dr Papias Musafiri Malimba. Yashyizeho kandi Minisitiri mushya w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho ariwe bwana Jean de Dieu Rurangirwa, uyu aje asimbura bwana Jean Philbert Nsengimana wayoboraga iyi Minisiteri mu gihe kitari gito gishize.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bwana Dr Edouard Ngirente, Perezida Paul Kagame uyoboye Repubulika y’u Rwanda yanashyizeho abandi bayobozi bakuru batandukanye nk’uko bigaragara muri iri tangazo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga