• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
16/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
16/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
16/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Kamonyi: Nta muyobozi mu nzego zibanze ukwiye kurarikira ibitamugenewe-Mayor Kayitesi

Umwanditsi
January 24, 2018

Mu nama ya Komiye mpuzabikorwa ubuyobozi bw’Akarere buherutse guhuriramo n’inzego zitandukanye, benshi muri ba midugudu bifuje guhabwa bimwe mubyo babona bigenerwa abakorerabushake b’Ubuzima. Umuyobozi w’Akarere avuga ko badakwiye kubirarikira no kugira umutima mubi kuko nabo ngo hari ibyo bagenerwa abandi batabona.

Kayitesi Alice, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi asaba abakuru b’Imidugudu kutararikira ibitabagenewe, ko nta n’umutima mubi bakwiye kugira mu gihe hari ibintu runaka Leta yageneye abakorerabushake bitewe n’ibyo bakora, ibi ngo bijyana n’ubushobozi bw’Akarere ndetse n’igihugu, ngo bagomba kumva ko atari nabo bakwiye guherwaho.

Nyuma y’ibiganiro, umuyobozi w’Akarere yabwiye intyoza.com ko ibyifuzo bya ba midugudu atari bibi ariko ko kandi bakwiye kumva ko ibitanzwe byose batagomba kubibonaho kuko nabo hari ibyo bajya bagenerwa abandi batabona.

Yagize ati ” Nkuko babigaragaje rero, twababwiye ko ubuvugizi bwo burakorwa ariko kandi binagendana n’ubushobozi bw’Akarere n’Igihugu, kandi ko badakwiriye guherwaho nk’abayobozi, uko ubushobozi bubonetse hari ibyo bagenda bagenerwa bikurikije uko ubushobozi bungana, niyo mpamvu twabasabaga ko batararikira cyane cyangwa se ngo babe bagirira umutima mubi bagenzi babo baba bahawe ibyo ngibyo, na cyane ko nabo hari ibyo baba bahawe biba bitahawe abo bandi bo mu kindi kiciro.”

Ukwifuza kw’Abakuru b’imidugudu kwazamuwe ahanini n’ibikoresho bitanga umuriro uturuka ku mirasire y’izuba biherutse guhabwa abakorerabushake b’ubuzima kimwe n’ibindi bajya bahabwa, bifuza ko ibibagenerwa nabo bakwiye kubibona dore ko nubwo ba midugudu batorwa n’abaturage ariko ni abakorerabushake. Basabwe kutagira irari ry’ibitabagenewe no kwirinda umutima mubi kuko nabo hari ibijya bibagenerwa bitagera kubandi, gusa na none ngo icyaboneka bijyanye n’ubushobozi ntabwo bakwirengagizwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga