• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Abaguze ubutaka bagamije kuzabugurisha ku biciro bihanitse bameze nk’abari mu manegeka

Umwanditsi
February 13, 2018

Umuntu waguze ubutaka mu karere Kamonyi akaba abubitse igihe ategereje ku bugurisha ku giciro gihanitse ashobora kubwamburwa. Mu nama y’Abagize ihuriro ry’Abanyerunda yabaye kuri uyu wa 11 Gashyantare 2018 hatangajwe ko hagiye gukurikizwa itegeko rigena imicungire n’imitunganyirize y’Ubutaka.

Inama y’Ihuriro ry’Abanyerunda yateranye kuri iki cyumweru tariki 11 Gashyantare 2018 mu murenge wa Runda, yarangiye hagaragajwe ko umuntu wese waguze ubutaka muri uyu murenge agamije kuzabucuruza kubiciro bihanitse cyangwa se bukaba butabyazwa umusaruro bijyanye n’icyo itegeko ry’ubutaka rivuga hagiye gufatwa ingamba zishingiye ku itegeo rirebana n’ubutaka n’ikoreshwa ryabwo.

Muri iyi nama, bamwe mu bafite ibikorwa bitandukanye bifuza gukora bavuze ko babangamiwe bikomeye n’ibiciro by’ubutaka bihanitse muri uyu murenge wa Runda byashyizweho n’abantu babuguze ubutaka mu bihe byashize, aho ubu ngo babubikiye kunama kubaje babushaka ngo bashyireho ibikorwa byabo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe iterambere ry’abaturage wari witabiriye iyi nama ari nawe wari umushyitsi mukuru, Cyriaque Harerimana yabwiye Abanyerunda by’umwihariko abikorera bashaka kubyaza ubutaka umusaruro ko batagomba gukangwa n’abantu baguze cyangwa bafite ubutaka ariko bakaba batabukoresha ibyo itegeko rivuga.

Yasabye ubuyobozi bw’akarere kubahiriza ibyo itegeko ry’ubutaka rivuga kandi hakanubahirizwa uko rigena ibiciro by’ubutaka aho kugira ngo abantu bashakire indonke mu bandi.

Yagize ati ” Ikintu gikomeye muri gahunda zo guhindura imibereho y’abaturage tuyigira myiza, nta nakimwe dushaka ko kiyibangamira. Niba hari uwaje akagura ubutaka ategereje ngo azabucuruze mu buryo butaribwo, abonemo indonke bigatuma bibangamira iterambere ryakabaye ribaho, ibyo ni ibintu tuzarwanya cyane. Dufite amabwiriza agenga imikoreshereze y’ubutaka, ayo turasaba akarere ko kabyubahiriza.”

Minisitiri Harerimana, avuga ko ikitaweho ari inyungu na gahunda za Leta zi zamura abaturage, ko rero uzanye igikorwa cy’ishoramari rifitiye inyungu abaturage hatazitabwa kuri wawundi ushaka gucuruza ubutaka mu nyungu ze bwite zidafitiye abaturage akamaro. Avuga ko ibi bizakemurwa hakurikijwe amategoko n’amabwiriza ariho.

Itegeko No 43/2013 RYO KUWA 16/06/2013 rigenga Ubutaka mu Rwanda, mu ngingo yaryo ya 40 rivuga ko Ubutaka bwitwa ko bufashwe neza kandi ko bubyazwa umusaruro ari ubutaka bwatunganyijwe, buriho ibihingwa cyangwa inyubako, uburiho amashyamba, ubuhinge bwateguriwe guterwamo imyaka, ubutaka bumaze gusarurwamo imyaka bwarajwe mu gihe kitarenze imyaka itatu (3)…

Ingingo ya 58 y’iri tegeko ivuga ko; Ubutaka bushobora kwamburwa nyirabwo ari uburi mu byiciro bikurikira ;

1° ubutaka bwafatiriwe nk’uko biteganijwe mu ngingo ya 52 y’iri tegeko, bugasubizwa

nyirabwo ariko akananirwa kubahiriza ibikubiye mu ngingo ya 56 y’iri tegeko;

2° ubutaka bwafatiriwe bukamara imyaka itarenze mirongo itatu (30), ariko nyirabwo ntasabe kubusubizwa;

3° ubutaka buri mu mbago z’umujyi aho igishushanyo cy’ikatwa ry’ibibanza cyemejwe n’inzego bireba ariko bukaba bumaze imyaka itatu (3) ikurikiranye budakoreshwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga