• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kamonyi: Ikiraro gihuza Umurenge wa Runda na Ngamba cyaciwe n’imvura 

Umwanditsi
March 13, 2018

Imvura iguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 13 Werurwe 2018 itwaye ikiraro gihuza Umurenge wa Runda na Ngamba. Iki kiraro cyari gifatiye runini ubuhahirane bw’abaturage b’imirenge yombi dore ko cyananyuragaho Ibinyabiziga, aho cyari kiri nti wahamenya.

Ikiraro gihuza Umurenge wa Runda na Ngamba gishenywe n’imvura iguye kuri iki gicamunsi tariki 13 Werurwe 2018 ahagana ku isaa kumi. Iki kiraro cyakoraga ku Tugari twa Kagina(Runda) hamwe n’Akagari ka Kabuga(Ngamba). Abaturage bari bagiye muri buri murenge, kwambuka ntabwo bigikunze, abana bigaga nabo ni uko buri wese ararara aho gicitse ari.

Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yahamirije intyoza.com itwarwa n’imvura ry’iki kiraro anavuga ko ubuhahirane hagati y’imirenge yombi bwahagaze, ko nta n’umuturage uri muri Runda cyangwa Ngamba uri bwambuke akoresheje iyi nzira y’aho ikiraro cyari kiri bitewe n’amazi.

Gitifu Mwizerwa agira ati ” Ikiraro cyacitse ntabwo abari hakurya bari kuza hakuno n’abari hakuno nti bari kujya hakurya. Twabwiye abaturage ko batari bwishore muri ayo mazi. Abana biga ino aha ngaha baracumbika ino aha, abari hakurya bagume hakurya, turahashyira irondo ku gira ngo hatagira uzanamo ubwato cyangwa bimwe bita ibihare. Kubera ko ari amazi y’imvura buriya birageza mu gitondo yagabanutse turebe uko twisuganya dukore wenda inzira y’abanyamaguru babe babona uko bambuka mu gihe hagishakishwa igisubizo kirambye.”

Ikiraro cyacitse gitwawe n’amazi y’imvura nyinshi yaguye cyari gifatiye akamaro kanini abaturage mu mihahiranire, ari ibinyabiziga byagikoreshaga mu bwikorezi bw’ibintu bitandukanye, abaturage b’iyi Mirenge n’abandi bakoreshaga iki kiraro mu buryo butandukanye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga