• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Gicumbi-Rubaya: Imvo n’imvano y’Umuforomo wavuzweho gusambanya umubyeyi yabyazaga

Umwanditsi
April 14, 2018

Umukozi mu kigo nderabuzima cya Rubaya ho mu karere ka Gicumbi, yavuzweho gusambanya umubyeyi yarimo kubyaza. Uyu muforomo yarafashwe arafungwa, nyuma y’ibyumweru bibiri yararekuwe. Yatangarije intyoza.com kuri uyu wa 14 Mata ukuri ku ifungwa rye.

Mu ijoro rya tariki 24 rishyira iya 25 Werurwe 2018 mu kigo nderabuzima cya Rubaya ho mu karere ka Gicumbi havuzwe ko umuforomo yasambanyije umubyeyi yarimo abyaza. Uyu mukozi yarafashwe arafungwa. Yamaze ibyumweru 2 afunzwe, aho afunguriwe yatangarije intyoza.com kuri uyu wa gatandatu tariki 14 Mata 2018 imvo n’imvano y’ifungwa rye.

Mbere yo kuvugana n’uyu muforomo, umunyamakuru yahamagaye umuyobozi we ku kigo nderabuzima cya Rubaya amubaza niba uyu mukozi we amakuru y’ifungurwa rye ayazi maze asubiza ati ” Numvise ko yafunguwe ariko ntabwo aragaruka mu kazi, ntabwo ndamubona.”

Uyu muforomo aganira n’umunyamakuru ubwo yamuhamagaraga ku murongo wa terefone ye ngendanwa, ku kibazo cy’amakuru yamuvuzweho yagize ati ” Byari uburyo bwo guharabika abantu ariko byaje kurangira ntacyo bifashe. Ukuri kwageze ahagaragara, byahise birangira bifata ubusa, byari bifite abantu bamwe bari babyihishe inyuma.”

Uyu muforomo, yatangaje kandi ko ibyamubayeho bishingiye ku mashyari y’ababa batifuriza umuntu ibyiza, batifuza ko atera imbere. Gusa ngo nyuma y’uko afashwe agafungwa ibyumweru 2 akarekurwa nkuko abivuga, ngo yiteguye vuba aha gusubira mu kazi. Nubwo kandi ngo ingaruka z’ibyamubayeho zitabura mu mibanire ye n’abandi bakozi mu kazi, avuga ko we yiteguye gukomeza gukora no gufatanya n’abandi basenyera umugozi umwe, buri wese agakora akazi ke uko agasabwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga