• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Polisi ikorera mu Murenge wa Runda yatahuye urwengero rw’inzoga zitemewe n’amategeko

Umwanditsi
May 3, 2018

Ku bufatanye n’abaturage, Polisi ikorera mu Murenge wa Runda kuri uyu wa gatatu tariki 2 Gicurasi 2018 ahagana ku i saa kumi n’imwe za mugitondo, ishingiye ku makuru yahawe, yatahuye uruganda ruto rwengerwagamo inzoga zitemewe n’amategeko zo mu bwoko bwa Kambuca(icyerekezo).

Mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda ikorera muri Sitasiyo ya Runda kuri uyu wa 2 Gicurasi 2018 mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Ruyenzi ho mu Murenge wa Runda, hagendewe ku makuru yatanzwe n’abaturage hatahuwe urwengeo rw’inzoga zitemewe n’amategeko zo mu bwoko bwa Kambuca( Icyerekezo), hafashwe Litiro 2100 zari zikiri mugitariro.

Uyu mukwabu wakozwe, wari mu rwego rwo kurwanya ikorwa ry’inzoga zitemewe n’amategeko. Amakuru intyoza.com yahawe na bamwe mu baturage batifuje gutangaza amazina yabo, ahamya ko bamenye ko mu rugo rw’umwe mu baturage(tudatangaje amazina) hengerwa izi nzoga, zenzwe n’umugabo ukorera i Kigali. Mu kumenya aya makuru ngo bifuje gufatanya na Polisi bayiha amakuru hagamijwe kuzica.

Ubwo Polisi yageraga ahengerwa izi nzoga, nyiri ukuhengera ntabwo bahamusanze, abakozi akoresha nabo bahise bakuramo akarenge bariruka. Umurenge wa Runda ukunze kugaragarwamo ikorwa ndetse n’icuruzwa ry’inzoga zitemewe n’amategeko ndetse n’ibindi biyobyabwenge birimo urumogi n’ubwo imikwabu yo kubirwanya idasiba gukorwa na Polisi ku bufatanye n’abaturage n’izindi nzego.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga