• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
13/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
13/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
13/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Kamonyi-Rugarika: Polisi yafashe inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko ziramenwa

Umwanditsi
June 1, 2018

Umukwabu wakozwe na Polisi ikorera mu Murenge wa Runda na Rugarika kuri uyu wa 1 Kamena 2018 watumye hafatwa inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko mu Kagari ka Sheli, Umudugudu wa Kagangayire ho mu Murenge wa Rugarika. Inzoga zafashwe zamenewe imbere y’abaturage bahabwa ubutumwa bubakangurira kwirinda ikorwa n’ikoreshwa ryazo kimwe n’ibindi biyobyabwenge.

Igikorwa kigamije gufata inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko cyakozwe na Polisi ikorera mu Murenge wa Runda na Rugarika mu gitondo cyo kuri uyu wa 1 Kamena 2018 cyatumye hafatwa Litiro 120 z’inzoga yitwa Muriture, hafatwa kandi inzoga zipfundikiye mu macupa 252 zo mu bwoko bwa Tuganire.

Polisi yatanze ubutumwa bukangurira abaturage kurwanya izi nzoga zitemewe n’ibindi byaha aho biva bikagera.

Izi nzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko, zafatiwe mu rugo rw’uwitwa Nshimiyimana. Ubwo Polisi yageraga muri uru rugo ntabwo uyu Nshimiyimana yabonetse, hafashwe umukozi we wazicuruzaga witwa Mukezamana Janvier.

Ifatwa ry’izi nzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage mu bufatanye na Polisi bagamije gukumira ibyaha. Inzoga zafashwe zamenewe imbere y’abaturage bahabwa ubutumwa bubakangurira kwirinda ikorwa, ikoreshwa ry’inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko kimwe n’ibindi biyobyabwenge byose. Abaturage babwiwe kandi ko Polisi itazigera yihanganira uwo ariwe wese ukora ibinyuranije n’amategeko, yabasabye kwitandukanya n’icyaha n’igisa nacyo bagira urure mu kwamagana umuntu wese ukora ibitemewe n’amategeko.

Ahafatiwe izi nzoga n’umukozi wazicuruzaga.

Abaturage bakanguriwe kandi kurushaho gufatanya na Polisi n’izindi nzego gukumira no kurwanya ibyaha, gutangira amakuru ku gihe yatuma uwo ariwe wese ukora, ukoresha cyangwa ucuruza inzoga nk’izi n’ibindi bitemewe n’amategeko afatwa agashyikirizwa amategeko.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga