• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Amahoro muri Santarafurika bavuye abaturage ku buntu

Umwanditsi
July 1, 2018

Ku italiki ya 30 Kamena 2018, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro (MINUSCA) mu gihugu cya Centafrica bavuye  ku buntu abaturage batuye mu mujyi wa Bangui muri iki gihugu.

Ubu buvuzi bwahawe abaturage basaga 400 barimo abakuru n’abato, basuzumwe indwara zitandukanye ndetse banahawe imiti yazo.

Iki gikorwa cyo kuvura aba baturage, Polisi ikaba yaragifatanyije n’indi miryango bakorana mu kubungabunga amahoro muri iki gihugu cya Centrafrica.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’umuyobozi w’ibikorwa by’inzego zishinzwe umutekano muri MINUSCA,Maj Gen. Muhammed Selloum n’abayobozi bakuru b’iki gihugu.

Mu ijambo rye, Major Gen. Muhammed Selloum, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku gikorwa kiza yakoze cyo kuvura abaturage ku buntu.

Yaragize ati” MINUSCA iri muri iki gihugu cyanyu kugirango ibarinde mu buryo butandukanye burimo no kugira amagara mazima, ari nayo mpamvu Polisi y’u Rwanda yaje kubavura indwara zitandukanye.”

Umuyobozi wungirije  w’akarere ka 8  mu mujyi wa Bangui, Andre Ndemangou, nawe yashimiye Polisi y’u Rwanda ku gikorwa cyiza bakoze baha imiti ku buntu abaturage batuye muri kariya gace.

Yagize ati” Malaria n’inzoka zo mu nda n’indwara zikunze kugaragara muri aka gace cyane cyane ku bana bato, ndabashimiye rero ku gikorwa cyiza nk’iki mwakoze mubaha imiti”.

Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrica, Assistant Commission Sam Rumanzi (ACP), yavuze ko  umutekano uhera ku kugira ubuzima bwiza.

Yagize ati” Turashimira abayobozi b’akarere ka 8 badufashije bakaduha aho tuvurira aba baturage, rero ntabwo wacungira umutekano umuntu mu gihe afite ubuzima bubi ,niyo mpamvu Polisi yabanje gutanga ubuvuzi ku buntu ku baturage batuye muri aka gace”.

Yakomeje ababwira ko bari muri kiriya gihugu mu buryo bwo kubacungira umutekano kandi ko no mu bindi bikorwa bazakomeza gufatanya.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga