• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/08/26
Ruhango: Abakomoka i Mbuye bahagurukiye guteza imbere aho bakomoka
14/08/26
Huye: Polisi yahuguye abakorera n’abarema isoko rya Rango ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro
14/08/26
RIB na Polisi, beretse Itangazamakuru abarimo nyiri Uruganda Ingufu Gin Ltd bakekwaho ibyaha bitandukanye
14/08/26
Kamonyi: Turasaba Ababyeyi ko Umuganura utaba umuhango gusa-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi-Kigembe: Umugore yatemye umugabo akoresheje umupanga ahunze afatwa atarenze umutaru

Umwanditsi
July 12, 2018

Kuri uyu mugoroba wa tariki 12 Nyakanga 2018 mu Murenge wa gacurabwenge, Akagari kigembe ho mu Mudugudu wa Mushimba umugore yatemye umugabo we akoresheje umupanga. Amaze kumutema, umugabo yatatse atabaza umugore akizwa n’amaguru. Binyuze mu guhanahana amakuru n’abaturage, uyu mugore bamushatse baramufata.

Ahagana ku I saa moya n’iminota 30 z’uyu mugoroba wa tariki 12 Nyakanga 2018  nibwo umugore witwa Mujawimana Clementine, akoresheje umuhoro atemye umugabo we witwa Twagirayezu Feredariko, batuye mu Murenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Kigembe ho mu Mudugudu wa Mushimba hafi n’ahazwi nko kubakoreya.

Umwe mu baturage muri uyu Mudugudu wa Mushimba yabwiye intyoza.com ati “ Amakuru ni uko kumanywa bari bagiranye ibintu by’amakimbirane no kuvugana nabi, umugabo aragenda nk’ubihuze wenda avuga ngo araza gusanga umugore yacururutse, mu gutaha abanza kwanga kumukingurira, amukinguriye amutemeye mu muryango. Yamutemye neza hejuru ya nyiramivumbi umuhoro urinjira.”

Uyu muturage avuga ko umugabo yatatse atabaza umugore nawe agahita asohoka agenda ahunga. Avuga ko bahise bihutira kujyana uyu mugabo kwa muganga I Musambira kuko ngo yavaga cyane mu gihe abandi basigaye bashakisha uyu mugore.

Nshimiyimana Alphonse, SEDO w’Akagari ka Kigembe ku murongo wa Terefone ngendanwa yahamije iby’aya makuru. Yagize ati “ Yatemye umugabo ariko yahise yirukanka, gusa aya masaha tuvugana bamaze kumufata.”

Nshimiyimana akomeza avuga ko uyu muryango n’ubundi ngo wari usanzwe ukunda kugirana amakimbirane aho ngo kenshi wasanganga banyoye inzoga. Avuga ko umugabo atabashije kugira icyo avuga kuko ubuzima bwe butamushobozaga kuvuga.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6013 Posts

Politiki

4259 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1069 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga