• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Umujyi wa Kigali: Polisi n’urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB berekanye 12 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Umwanditsi
August 10, 2018

Abantu 12 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge hirya no hino mu mujyi wa Kigali barafashwe. Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’ubugenzacyaha-RIB ba beretse itangazamakuru tariki ya 8 Kanama 2018.

Bafatiwe mu bikorwa byabaye mu byumweru bibiri bishize.  Abafashwe 12 beretswe itangazamakuru ku itariki ya 8 Kanama 2018; kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu Mujyi wa Kigali.

Polisi na RIB bavuze ko abakekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge bari mu byiciro 2 aho bacuruzaga ikiyobyabwenge cya heroyine cyizwi nka Mugo.

Agatsiko kamwe kayobowe na Nitwibagirwa Jean Paul Abedi na mugenzi we Mungwabarora Moza bari mu bafashwe. Nitwibagirwa yafatanwe garama eshanu za mugo.

Aba basore uko ari babiri Nitwibagirwa na Mungwabarora bacururizaga urumogi mu duce twa Gikondo, Nyakabanda na Kimisagara;  amakuru avuga ko bakorana n’uwitwa Karangwa Bienvenue ugishakishwa aho abikwirakwiza muri aka karere.

Irindi tsinda rishya muri iki gikorwa cyo gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge riyobowe n’uwitwa Kamanzi Romeo na Nkurunziza Mubarak Babu nabo bakaba barafashwe. Amakuru akaba avuga ko bakorana n’undi witwa Damascene nawe wafashwe.

Itsinda ry’abo basore umunani riyobowe na Kamanzi wafatanwe garama imwe ya mugo ndetse na Nkurunziza bari mu bafashwe.

Aba bafatanwe ibi biyobyabwenge banafatanwe kandi ibikoresho by’ikoranabuhanga bibye hirya no hino mu Mujyi waKigali, birimo za terefone, tereviziyo, za kamera, n’ibindi bikoresho byo mu nzu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) Theos Badege yavuze ko aba bakwirakwizaga ibiyobyabwenge benshi muri bo bari mu kigero cy’imyaka 25; ku buryo bigira ingaruka ku buzima n’ejo hazaza h’urubyiruko”.

CP Badege yasabye ubufatanye bwa buri wese mu gufata abakoresha ibi biyobyabwenge cyane cyane batanga amakuru ku babikoresha n’ababicuruza kugira ngo kandi bafashwe kubivamo”.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha RIB Modeste Mbabazi, we yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo abafatiwe muri ibyo bikorwa bagezwe imbere y’ubutabera.

Ingingo ya 594 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko “Umuntu wese unywa, witera, uhumeka, wisiga cyangwa ukoresha ubundi buryo ubwo ari bwo bwose ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000).

Umuntu wese ukora, uhindura, winjiza, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000). Ibikorwa bivugwa mu gika cya 2 cy’iyi ngingo, mu gihe bikozwe mu rwego mpuzamahanga, ibihano byikuba kabiri.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga