• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kayonza: Barasabwa ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano zitemewe

Umwanditsi
August 18, 2018

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kayonza ifatanyije n’inzego z’ibanze, kuwa 15 Kanama 2018, bangije mu ruhame inzoga z’inkorano zitemewe zigera kuri litiro 850. Iki gikorwa cyabereye mu mirenge ya Murama na Rukara ari naho hafatiwe izi nzoga. Abaturage basabwe ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge n’ikorwa ry’inzoga nk’izi zitemewe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Uburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobard Kanamugire yahaye ubutumwa abaturage bari bitabiriye iki gikorwa abasaba kwirinda kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano zitemewe kuko ziba zitujuje ubuziranenge.

Yabagaragarije ko uretse no kubakururira ibibazo byo gufungwa no gucibwa amande, zinabangiriza  ubuzima bityo bakagira ingaruka zitandukanye ku buzima bwabo no kubadindiza mu bikorwa by’iterambere.

CIP Kanamugire yashimiye abaturage uruhare bagize mu gufatanya na Polisi n’izindi nzego  kugira ngo izi nzoga zibashe gufatwa, akomeza asaba ko ubu bufatanye bwakomereza kuri uru rwego.

Yagize ati”Turashimira abaturage bamaze kumva no gusobanukirwa ububi n’ingaruka z’ibiyobyabwenge bakagira uruhare mu kubikumira; ibi biraduha icyizere ko bazakomeza kugenda bumva ububi bwabyo bityo nabo bakabirwanya”.

Yakomeje avuga ko izi nzoga zifatwa nk’ibindi biyobyabwenge kuko byangiza abaturage  kandi aribo mizero y’igihugu, bityo asaba abazikora ko ibihano bahabwa bizageraho bikiyongera kuko bangiza ubuzima bw’abaturage.

Aha yabahaye urugero rw’uko umuntu wanyoye izi nzoga z’inkorano aba ameze nk’uwataye umutwe iyo amaze gusinda; kuko atangira kwishora mu busambanyi, gufata kungufu ndetse no kujya mu bikorwa by’urugomo.

CIP Kanamugire yabasabye kujya batangira amakuru ku gihe kuko bituma habaho gukumira ibyaha bitaraba kandi bigafasha mu gucunga umutekano.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama Mutuyimana Poline, yashimiye Polisi y’u Rwanda kunama idahwema kugira abaturage ishinzwe kurinda kandi ikanabakangurira kwicungira umutekano aho batuye. Akangurira abaturage gukaza amarondo kugirango bakomeze kugira umutekano urambye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukara Mukandori Grace we yaravuze ati,”Uwanyoye ibi biyoga aba yatakaje ubwenge. Nta kintu na kimwe atinya.Uzasanga akenshi intonganya n’amakimbirane mu ngo ndetse n’ihohotera rishingiye ku gitsina biba bifitanye isano n’ibi biyobyabwenge .”

Yashoje ashimira Polisi y’u Rwanda kubufatanye mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha muri rusange ndetse anashima ubufatanye igirana n’inzego zibanze n’abaturage mu iterambere.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga