• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Gisagara: Barasaba ko Abadepite bagira ukwezi kubitirirwa ku kabahuza n’abaturage

Umwanditsi
September 4, 2018

Mu gihe abaturage barimo kwitorera intumwa zabo ( Abadepite), bamwe bakomeje kwifuza ko izi ntumwa zarushaho kubegera binyuze mucyo bise ukwezi kw’Abadepite kwatuma bagira ibikorwa byinshi bibahuza. Ibi ngo bizabafasha kujya bamenya igihe nyirizina bagenewe, banarusheho gusabana nabo kuko baje bakabegera.

Abaturage b’Umurenge wa Kibirizi, Akarere ka Gisagara bavuga ko intumwa zabo bitoreye zitajya zibaha umwanya uhagije mu kubegera ngo baganire ndetse banabatume. Ibi ngo umuti wabyo ni uko inteko ishinga amategeko yabikemura ishyiraho ukwezi kw’Abadepite.

Emmanuel Nsabimana, umuturage wo mu Murenge wa Ndora, Akagari ka Bweya Akarere ka Gisagara yifuza ko intumwa za rubanda zirushaho kwegera abaturage, zigakorana ibikorwa nabo, bakabatuma kandi bakagaruka kubaha Raporo, ibi ngo byashoboka ari uko inteko ifashe ukwezi ikaguharira abaturage nk’uko bajya bumva icyumweru cyahariwe Ingabo cyangwa Polisi, aho ibikorwa byabo birushaho kubahuza n’abaturage.

Agira ati “ Ikintu twifuza ni uko bashyiraho igihe rukana, nk’icyumweru cyangwa ukwezi kubitirirwa, natwe tukaba tuzi ngo uku kwezi tuzabana nabo, tuzababona dukorane ibikorwa bitandukanye nk’intumwa zacu koko, tubatume kandi banagaruke batubwire ibyo twabatumye cyangwa se ubuvuzizi bakoze icyo bwatanze, ntabwo dukwiye kujya tubabona igihe cyo kudusaba amajwi cyegereje.”

Diyoniziyo Barambaza, umuturage wa Gisagara mu Murenge wa Kibirizi, Akagari ka DUWANI, ku myaka 64 y’amavuko agira ati “ Icyamfasha mu busaza bwanjye aho ngeze ni uko byibura bazajya batugenderera, bakagira igihe kizwi batugeneye bakamanuka koko tukabona ko ari abaje ngo tubatume, nabo barushaho kumenya ubuzima bw’abo bavuga ko bahagarariye.”

Tereza Mukandutiye, umukecuru w’imyaka 78 agira ati “ Maze gutora inshuro nyinshi, ubu ndifuza ko izi ntumwa dutora zarushaho kutwegera dore ko nkanjye nta gatege ngifite, ni baze batwegere twicarane, bafate igihe cyabo bakiduhe turusheho kubamenya, dore n’iyo baje usanga biruka cyangwa bakagarukira ahari ubuyobozi cyangwa mu mijyi, nta bikorwa tubona biduhuza nabo.”

Nkurikiyitwari Emmanuel agira ati “ Demokarasi ndayikunda ndetse n’amatora ndayakunda nkitorera abampagarariye, gusa ndasaba ngo batugenere igihe kizwi cyo kubabona no gukorana nabo ibikorwa bitandukanye bituma tubibonamo.”

Hon Donatille Mukabalisa, intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko icyuye igihe, yabwiye intyoza.com ko kuba abaturage bifuza kubona Abadepite biruse uko bamanukaga ngo bikwiye ndetse ko ari ibyo kunozwa.

Yagize ati “ Ni igitekerezo cyiza cy’Abaturage, n’ubundi byakorwaga kuko muri manda ishize abagize inteko ishinga amategeko bari bageze aho bamanuka bakagera no kutugari, ubwo rero mu by’ukuri ni ibintu byanozwa kurushaho, niba bidatanga umusaruro witezwe mu baturage ni ibintu bikwiye kunozwa kurusha uko byakorwaga.”

Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda igizwe n’abadepite 80 barimo abadepite 53 baturuka mu mitwe ya Politiki n’abakandida bigenga. Hari abadepite 24 bagize 30% bahagarariye abagore, hakaba abadepite babiri b’ikiciro cy’urubyiruko n’umudepite umwe uhagarariye abafite ubumuga.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga