• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Uburasirazuba: Abaturage n’inzego z’umutekano bakomeje kurwanya abakora inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko

Umwanditsi
September 18, 2018

Ibikorwa byo kurwanya abakora bakanacuruza inzoga z’inkorano birakomeje. Hirya no hino mu ntara y’ Uburasirazuba habereye ibikorwa byo kumena izi nzoga abaturage bagasobanurirwa ububi bwazo ku buzima ndetse n’uruhare zigira mu guhungabanya umutekano.

Ni ibikorwa byabereye mu turere twa Kirehe, Kayonza na Bugesera ahangijwe inzoga zigizwe na Litiro 555 z’inzoga z’inkorano zitemewe n’amategoko, Litiro 20 za Kanyanga no gutwika uduphunyika tw’urumogi byose byafashwe biturutse ku mikoranire myiza ikomeje kuranga abaturage n’inzego z’umutekano.

Chief Inspector of Police (CIP) Theobard Kanamugire yemeza ko ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano bizacika kuko abaturage bamaze gusobanukirwa ububi bwabyo.

Yagize ati’’ Imyumvire mu baturage yarazamutse, ubu bafata iyambere mu kurwanya ibiyobyabwenge batunga agatoki aho biherereye, bityo inzego z’umutekano zikabasha kubifata bitarakwirakwira mu gihugu.’’

CIP Kanamugire akomeza agaragaza ko ibiyobyabwenge ari intandaro y’ibindi byaha bihungabanya umutekano.

Aha yagize ati’’ Twese tuzi neza ko biyobya ubwonko bw’uwabikoresheje agatinyuka gukora ibinyuranyije n’amategeko, birimo gukubita no gukomeretsa, gufata abana kungufu, ihohoterwa, byose bibangamira ituze n’umutekano w’abaturage, kubirwanya bikaba bikwiye kuba uruhare rwa buri wese.’’

CIP Kanamugire asoza asaba abaturage kurushaho kugira imikoranire myiza n’inzego z’umutekano batanga amakuru y’aho ibiyobyabwenge bigaragara.

Yagize ati’’Hari abakomeje ibikorwa byo kwinjiza ibiyobyabwenge, abandi bakabikwirakwiza mu rubyiruko hirya no hino mu gihugu, kubirwanya bikwiye kuba ibya buri wese kuko bifite ingaruka mbi kuva k’ubikoresha, umuryango ndetse n’igihugu muri rusange.’’

Intara y’Uburasirazuba ni kamwe mu gace k’igihugu cyacu kagaragaramo ibiyobyabwenge byiganjemo, urumogi ndetse n’inzoga zitemewe zo mu bwoko bwa Zebra waragi bitewe ahanini n’imiterere y’iyi ntara aho muturere turindwi(7)tuyigize tune( 4 )duhana imbibi n’ibihugu by’abaturanyi.

Ibiyobyabwenge birimo urumogi na Kanyaga ubifatanwe akurikiranwa n’amategeko nkuko ingigo ya 594 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ibisobanura. Mugihe ufatanwe inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko n’izindi zitemewe mu Rwanda zimenerwa mu ruhame  nyirazo agacibwa amande n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze hakurikijwe amabwiriza y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubuziranenge (RSB).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga