• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Apotre Mukabadege n’umugabo we bikomye itangazamakuru mu Rukiko

Umwanditsi
October 4, 2018

Mu rubanza Ndahimana Jean Bosco( umugabo wa Mukabadege) aburanamo iby’imitungo na Mukamana Annonciata ariko Apotre Mukabadege akaba yararwinjiyemo agobokesha, bikomye itangazamakuru. Basabye umucamanza waburanishaga gusohora itangazamakuru muri uru rubanza rwaberaga mu ruhame mu Rukiko Rwisumbuye-TGI Muhanga.

Mu rubanza rwabaye kuri uyu wa mbere Ukwakira 2018 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, aho Apotre Mukabadege Liliane n’umugabo we Ndahimana Jean Bosco bareze Mukamana Annonciata uvuga ko yabanye n’uyu mugabo imyaka isaga 23 mbere y’uko ashakana na Mukabadege, itangazamakuru ryikomwe ndetse hafi iminota igera mu icumi ishira bagisaba ko risohorwa mu rubanza rwaberaga mu ruhame.

Umucamanza agitangira iburanisha, abunganira mu mategeko  Ndahimana Jean Bosco ndetse na Apotre Mukabadege, babisabwe n’abo bunganira bazamuye ikibazo gisaba ko itangazamakuru ryasohorwa mu rubanza rwaberaga mu ruhame ngo kuko ribangamiye abakiriya babo kandi bakaba batazi uburyo ryaje muri uru rubanza.

Mu gusaba ko itangazamakuru ryasohorwa mu rubanza, abunganizi ba Mukabadege na Ndahimana bashingiye ku ngingo ya 70 na 71 yo mu ITEGEKO No 22/2018 RYO KU WA 29/04/2018 RYEREKEYE IMIBURANISHIRIZE Y’IMANZA Z’IMBONEZAMUBANO, IZ’UBUCURUZI, IZ’UMURIMO N’IZ’UBUTEGETSI, aho zivuga ku mpamvu zituma urubanza rushobora kubera mu ruhame cyangwa mu muhezo, indi ikanavuga ku kwemererwa gufata amajwi n’amashusho mu rubanza.

Nyuma y’impaka ndende, uyoboye iburanisha yabwiye abifuzaga ko itangazamakuru risohorwa ko nta mpamvu abona kuko urubanza rurimo kubera mu ruhame, ikindi kandi itangazamakuru rikaba ryabisabye Perezida w’Urukiko ndetse n’uburanisha akaba yabimenyeshejwe mbere ko urubanza rutangira. Yabasabye ko niba hari ikibazo barifiteho bagana urukiko bagatanga ikirego.

Apotre Mukabadege na Ndahimana kimwe n’ababunganira mu mategeko ntabwo banyuzwe n’umwanzuro w’umucamanza ku cyifuzo cyabo, bavuze ko kigiye hamwe nibyo bazajuririra, dore ko banajuririye ihuzwa ry’imanza zahujwe zirimo urwa Ndahimana na Mukamana kimwe n’urwo Mukabadege yagobokesheje.

Uwunganira  Mukamana Annonciata, yabwiye urukiko ko ibirimo gukorwa na bagenzi be kimwe n’abo bunganira basaba kudahuzwa kw’imanza ko ari imikino barimo igamije gutinza urubanza. Yabwiye kandi Urukiko ko imwe mu mpamvu bashaka gutinza urubanza ari uko imitungo iburanwa iri mu maboko ya Ndahimana, ko ariwe wungukira mu gutinda k’urubanza. Yavuze kandi ko nta mpamvu n’imwe abona bashingiraho bikoma itangazamakuru kuko ntawe ryabangamiye, ko ndetse ntaho itegeko ririkumira muri uru rubanza.

Mu gihe Apotre Mukabadege, Ndahimana n’ababunganira mu mategeko bavugaga ko batazi uko imanza zahujwe, babwiwe ko bigiza nkana ngo kuko icyemezo cyafashwe mu nama ntegurarubanza kandi izi mpande zombi zikaba zari zihari.

Kwifuza ko itangazamakuru risohorwa mu Rukiko, yaba Mukabadege n’umugabo we Ndahimana kimwe n’ababunganira, nubwo bisunze ingingo twavuze haruguru nabwo mu buryo batabashije gusobanurira urukiko, birengagije ibiri mu gika cya mbere cy’ingingo ya 71 y’iri tegeko twavuze aho hagira hati ” Uretse ababiherewe uburenganzira bwihariye na Perezida w’Urukiko,…”. Aha bakomezaga gutsimbarara ku gusohorwa kw’itangazamakuru batitaye ku kuba basobanuriwe neza ko Perezida w’Urukiko yabitangiye uburenganzira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga