• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
09/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo
09/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
09/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo

Kayonza: Umusaza w’imyaka 72 akurikiranyweho gutwika Hegitali 10 z’ishyamba rya Leta

Umwanditsi
October 18, 2018

Rwabuduranya Sylivestre w’imyaka 72 y’amavuko yafashwe na polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kayonza mu murenge wa Rwinkwavu akekwaho gutwika hegitari 10 z’ishyamba ry’inturusi agamije gushaka irwuri rw’inka ze.

Ku gicamunsi cyo  kuwa mbere tariki ya 15 Ukwakira 2018 nibwo ishyamba rya leta riherereye mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza ryatwitswe n’umwe mu bana bari bagiye kuritoramo inkwi, wavuze ko yari yabitumwe na Rwabuduranya.

Uwitwa Mugiraneza Ismael w’imyaka 14 y’amavuko ngo yibese bagenzi be babiri bari bajyanye gutora inkwi muri iryo shyamba araritwika ku buryo ryazimijwe n’abaturage hegitari 10 z’intunsi zimaze gushya.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’uburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko uyu mwana yemeye ko ariwe watwitse iryo shyamba kugira ngo abone amafaranga 5000frw yari yasezeranyijwe na Rwabuduranya Sylivestre kugira ngo amufashe kubona urwuri rw’inka ze.

Yagize ati “Uyu Rwabuduranya yamaze gushyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha kugira ngo akorweho iperereza kuko ngo niwe watumye uyu mwana kuritwika kugira ngo azabone uruhira rwo kuragiramo inka ze, akaba yari yanamwemereye igihembo cy’amafaranga  5000frw.”

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu murenge wa Rwinkwavu bugaragaza  ko uyu Rwabuduranya yari amaze iminsi aciwe amade y’uko aragira ku gasozi mu nzuri z’abandi akaba yahisemo gutwikisha ishyamba rya leta kugira ngo azabone uko aragira uruhira.

CIP Kanamugire asoza asaba abaturage kwirinda kwangiza ibikorwa bya leta no gukora ibibujijwe n’amategeko kuko hari ibihano bigenerwa uwanyuranyije n’icyo amategeko ateganya.

Ingingo 187 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda iteganya ko Umuntu wese, ku bw’inabi, wangiza cyangwa wonona, ibiti, imyaka, ibikoresho by’ubuhinzi n’ubworozi n’ibindi bintu by’undi cyangwa bye ariko bifite ingaruka ku bandi, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5814 Posts

Politiki

4065 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga