• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Ruhango: Abamotari basaga 120 basabwe kugira uruhare mu gukumira impanuka zo mu muhanda

Umwanditsi
October 31, 2018

Kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Ukwakira 2018, muri salle y’Akarere ka Ruhango habereye ibiganiro byahuje Polisi n’abamotari bakorera muri Santere ya Ruhango bibutswa kurushaho kubahiriza amategeko y’umuhanda hagamijwe gukumira impanuka zikomeje guhitana ubuzima bw’abantu.

Ni ibiganiro byahuje abamotari basaga 120 bakorera mu mujyi wa Ruhango na Chief Inspector of Police (CIP) Angelique Abijuru ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira ibyaha muri aka karere.

CIP Abijuru yibukije aba bamotari ko umuhanda bakoreramo akazi kabo ka buri munsi ugira amategeko awugenga .

Yagize ati “ Mujye muzirikana ko umuhanda ari inzira nyabagendwa ikoreshwa n’ibindi binyabiziga ndetse n’abanyamaguru, mugomba guhora mwirinda ko mwaba banyirabayazana b’impanuka, muzabigeraho ari uko mwubahirije amategeko agenga imikoreshereze y’umuhanda.”

CIP Abijuru yakomeje asaba aba bamotari kubahiriza amategeko n’amabwiriza abagenga kugira ngo barusheho kunoza umwuga bakora.

Yagize ati “Umumotari akwiye guhora afite ibyangombwa byuzuye bimwemerera kujya mu muhanda kandi akaba afite koperative abarizwamo kuko bizabafasha no gutahura ababihishamo bagakora ibikorwa bibi bihesha isura mbi umwuga wanyu.’’

CIP Abijuru yasoje yibutsa abatwara abagenzi kuri moto ko umutekano ariwo shingiro ry’iterambere mubyo bakora byose bityo abasaba kwirinda gutwara ibiyobyabwenge ndetse bakagira uruhare mu kubungabunga umutekano batanga amakuru ku byaha byawuhungabanya , inzego z’umutekano zikabikumira bitaraba.

Nyuma y’ibi biganiro abamotari bashinze amatsinda 6 yo kurwanya ibyaha, aho bashishikarijwe kujya bamenya abashya binjiye mu mwuga n’abagiye gukorera ahandi kugira ngo hatazagira uwabazamo nyamara agamije guhungabanya umutekano.

Ndayizeye Jackson, uhagarariye abamotari bakorera muri Santere ya Ruhango, yashimiye ibiganiro byiza bahawe na Polisi, avuga ko byabibukije inshingano zabo n’amwe mu makosa akorwa na bagenzi babo ugasanga ahesha isura mbi umwuga bakora.

Yagize ati “Dukora aka kazi kuko dufite umutekano usesuye, natwe rero dukwiye kuba abafatanyabikorwa ba Polisi, dukosora amakosa amwe na mwe twajyaga dukora agateza impanuka ndetse tunatanga amakuru ku byaha byahungabanya umutekano.”

Munyanza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga