• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Gatsibo: Ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage, hafashwe abakekwaho kwiba inka

Umwanditsi
November 13, 2018

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Rwimbogo kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2018 yafashe abantu babiri bashoreye inka bari bibye mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Karangazi mu kagari ka Nyagashanga.

Abafashwe ni Muzungu Elias w’imyaka 34 na Mugwiza Vianney w’imyaka 27,  bakaba barafatanywe inka ebyiri (2)  bazishoreye ninjoro nta n’ibyangombwa byazo bafite.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police(CIP) Theobald Kanamugire avuga ko kugira ngo abo bajura bafatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ubwo bari ku irondo ninjoro bagahura n’abo bagabo bashoreye inka.

Yagize ati:”Hari mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 11 Ugushyingo, abaturage bari ku irondo bahura na bariya bajura bashoreye inka bibatera amakenga bahita babafata bahamagara Polisi.”

CIP Kanamugire akomeza avuga ko Polisi ikimara kubona izo nka hahise hatangira igikorwa cyo kumenya aho zibwe biza kugaragara ko zibwe mu karere ka Nyagatare mu murenge uhana imbibi n’umurenge wa Rwimbogo wo mu karere ka Gatsibo, bikaza no kumenyekana ko zari zibwe umuturage witwa Kibogo Jeanette.

Uyu muturage akaba yarahise aza kuzireba koko agasanga ni ize bari bibye.

CIP Kanamugire yashimiye abaturage uruhare bakomeje kugira mu gukumira no kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe, yaboneyeho gusaba n’abandi gutera ikirenge mu cya bagenzi babo.

Yagize ati’’ Gutangira  amakuru ku gihe biri mu bintu by’ibanze bituma dutahura abanyabyaha hakiri kare, ubu bufatanye  na Polisi buradufasha cyane mu kurwanya ibyaha no kubikumira.”

Abafatanywe inka, Polisi  yabashyikirije urwego rw’igihugu rushizwe ubugenzacyaha(RIB) kugira ngo bakurikiranwe.

Ingingo y’166 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko icyaha cy’ubujura gihanishwa hagati y’umwaka umwe cyangwa imyaka ibiri, akanatanga ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 2 ndetse n’imirimo ifitiye igihugu akamaro mu gihe cy’amezi 6 cyangwa umwaka umwe.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga