• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Runda: Polisi yongeye gutahura ahengerwa Kambuca nta byangombwa

Umwanditsi
December 2, 2018

Umugore wengeraga ikinyobwa kizwi ku mazina ya Kambuca mu Kagari ka Ruyenzi atagira ibyangombwa, yafashwe na Polisi ikorera mu Murenge wa Runda kuri uyu wa 2 Ukuboza 2018, ku bufatanye bw’abaturage, polisi n’inzego z’ibanze. Nta byumweru 2 bishize muri aka Kagari hatahuwe Litiro 5000 zengerwaga mu rugo rw’umuturage nta byangombwa.

Ahagana ku I saa tanu z’amanywa nibwo umugore witwa Agnes Mukashema w’imyaka 38 y’amavuko yafashwe na polisi ikorera kuri Sitasiyo ya Runda, ku makuru yahawe n’abaturage ko uyu mugore yenga Kambuca kandi nta byangombwa abifitiye.

Ubwo Polisi yageraga muri uru rugo yahaweho amakuru n’abaturage ko rwengerwamo Kambuca mu buryo bunyuranije n’amategeko, dore ko nta byangombwa bitangwa n’inzego zibifitiye ububasha uyenga yari afite, bahasanze ibidomoro bitandukanye bitazemo kambuca zigera kuri Litiro 620.

Litiro 620 za kambuca zafashwe zamenwe, mu gihe uyu wafashwe yajyanywe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda kugira ngo acibwe amande ateganywa n’itegeko. Ibyo yafatanywe birimo ibidomoro byari bitazemo kambuca byajyanwe kuri Sitasiyo ya Runda.

Uko abakora inzoga zitemewe n’amategeko ndetse n’ibinyobwa bya kambuca badafitiye ibyangombwa bakaza umurego mu kwenga, ni nako ubufatanye bwa polisi n’abaturage bukomeje gutuma ababikora batahurwa. Tariki ya 22 Ugushyingo 2018 muri aka Kagari hari hafatiwe Kambuca zengwaga zigera kuri Litiro 5000. Zaramenwe ndetse abaturage bahabwa ubutumwa bubasaba kugendera kure ibitemewe n’amategeko no gukorana n’inzego zirimo Polisi mu kurwanya abatekereza ko bakwihisha bagakora ibitemewe n’amategeko.

Soma inkuru bifitanye isano ya kambuca ingana na Litiro 5000 yafatiwe mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi: http://www.intyoza.com/kamonyi-polisi-nizibanze-bashinze-ibirindiro-aho-bakumiriwe-kwinjira-bucyeye-bahasanga-litiro-5000-za-kambuca/

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga