• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Bugesera: Amadolari ya Amerika yibwe umucuruzi yagarujwe atuzuye, abakekwaho ubujura barafatwa

Umwanditsi
December 7, 2018

Ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki ya 4 Ukuboza 2018 Polisi y’u Rwanda yasubije Kayonga Emmanuel amadorari  y’Amerika 9.600 ($) yari yibwe n’abari mu kabiri ke kari mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Rweru mu kagari ka Batima. Ayari yibwe yose ni ibihumbi 10, babiri mubakekwaho ubujura batawe muri yombi.

Ubwo Kayonga usanzwe ari umucuruzi yajyaga kugenzura imikorere y’abakozi bo mu kabari ke kuwa kabiri no gukusanya amafaranga (Versement) bafite ngo ajye kuyakoresha ibindi bikorwa by’ubucuruzi, nibwo ngo yaburiye irengero amadorari 10.000 ($) yari yazanye ngo ayegeranye n’amafaranga yari buhabwe n’abakozi be.

Uyu mugabo ngo yasabye abari mu kabari kumusubiza ibyo bamutwaye yirinda kubivuga mu izina bose baramuhakanira niko kwitabaza Polisi ngo ibe yamufasha kubona ibye (amadolari).

Umuvugi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko Polisi yahageze igafatana abagabo babiri mu bari muri ako kabari amadorari y’Amerika ibihumbi icyenda na magana atandatu 9.600.

Yagize ati “Uyu mucuruzi yatabaje Polisi, imaze kuhagera yasatse abari muri ako kabari bose, isangana abagabo babiri amadolari 9.600 ($) andi maganane 400 ($) birakekwa ko hari uwayafashe agahita ayacikana, niyo mpamvu iki kirego cyahise cyigezwa mu bugenzacyaha.”

CIP Kamamugire asaba abantu kwirinda kugendana amafaranga menshi kuko bikurura ibibazo by’ubujura n’ibindi byaha.

Yagize ati “Iterambere ryaraje twige gutwara amafaranga mu bundi buryo aho gupakira inoti (amafaranga) kuko kenshi iyo bayagukekaho ntihabura abantu bahora bakugenzura, bakaba bayakwiba, bakayakwambura bikakuviramo gukomereka cyangwa kwicwa igihe bayakwambuye bagakeka ko wabamenye.”

Kuri uru abagabo babiri bafatanwe amwe mu madorari yari yibwe bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB kugira ngo icyaha bakurikiranweho n’irengero ry’amadorori 400 ataraboneka bikorweho iperereza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga