• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Nyanza: Isomwa ry’urubanza rw’abaregwa iterabwoba ryasubitswe

Umwanditsi
December 14, 2018

Nyanza: Mu rukiko rukuru urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imbibi, kuri uyu wa gatanu tariki 14 Ukuboza 2018 hamaze gusubikwa urubanza ruregwamo abagera 40 bo mu idini ya Isilamu bakurikiranyweho ibyaha birebana n’iterabwoba no gukorana n’imitwe y’iterabwiba nka Islam state.

Ahagana ku i saa tanu z’amanywa nibwo Perezida w’iburanisha yinjiye mu cyumba cyagombaga kuberamo isomwa ry’urubanza maze atangariza abatari bake biganjemo abo mu miryango y’abaregwa ko isomwa ry’urubanza risubitswe.

Isomwa ry’urubanza ryimuriwe mu mwaka utaha wa 2019 mu kwezi kwa kabiri tariki 28.

Atangaza impamvu zitumye iri subikwa riba, Perezida w’iburanisha yavuze ko zimwe mu mpamvu zituruka ku bunini bwa dosiye z’abaregwa zitabashije gutuma bafata imyanzuro ku bw’igihe cyabaye gito.

Indi mpamvu nk’uko ikinyamakuru umuyoboro.rw dukesha iyi nkuru kibivuga, ishingiye ku kuba ngo bamwe mu bacamanza bafatanije na Perezida w’iburanisha muri uru rubanza bamaze igihe barwaye ndetse nawe akaba yari amaze igihe mu mahugurwa. Kuri izi mpamvu, hiyongeraho kandi n’ikiruhuko cy’ubucamanza giheruka, byose byatumye iyi dosiye y’abaregwa byatangajwe ko ari nini kandi isaba igihe itabasha gukorwaho.

Abaregwa bose ibyaha by’iterabwoba no gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka Islamic state, ntabwo bagaragaye. Abo mu miryango yabo baturutse hirya no hino nibo bari mu cyumba ubwo hafatwaga umwanzuro wo gusubikwa kw’isomwa ry’urubanza. Ibi byatumye abatari baje bijujutira icyemezo cyafashwe bavuga ko bakabaye barabitangaje kare kuko isomwa ryari riteganijwe saa yine batangaza ko bisubitswe ahagana saa tanu.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga