• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Perezida wa Afurika y’Epfo yashyizeho umushahara umukozi adashobora kujya munsi

Umwanditsi
January 2, 2019

Cyril Ramaphosa, umukuru w’Igihugu cya Afurika y’Epfo ubwo yifurizaga abaturage b’iki gihugu umwaka mushya wa 2019, yatangaje ko nta mukozi ugomba guhembwa amafaranga ari munsi y’ama rand 20 ku isaha, ni ukuvuga idolari n’ibice 39. Uyashyize mu manyarwanda ari mu 1200 ku isaha.

Iyi ngingo yo gushyiraho umushahara fatizo ku isaha mu gihugu cya Afurika y’Epfo yashyizweho kuri uyu wa kabiri tariki ya mbere Mutarama 2019 na Perezida Ramaphosa wa Afurika y’Epfo. bamwe bati ni ukwishakira amajwi kuko yitegura amatora.

Abasesenguzi n’abandi barebera kure politiki ya Afurika y’Epfo, bavuga ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwireherezaho abayoboke benshi b’abakozi muri iki gihugu, cyane ko ishyaka RNC rya Ramaphosa ari naryo riri ku butegetsi ryitegura amatora y’umukuru w’Igihugu ateganijwe mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka wa 2019.

VOA dukesha iyi nkuru, ivuga ko mu mashyirahamwe arengera abakozi muri iki gihugu ntacyo bari batangaza kuri iki cyemezo umukuru w’igihugu yafashe. Ntabwo baragaragaza aho baherereye, gusa byitezwe ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashobora kuzarwanya iki cyemezo.

Ishyaka RNC, ryatakaje abayoboke baryo cyane mu gihe cy’ubuyobozi bwa Jacob Zuma kubera ahanini ibibazo bya ruswa byatumye abatari bake baritakariza icyizere. Hamwe mu bice hagaragaye ukudohoka kw’abayoboke b’iri shyaka no kuritakariza icyizere ni muri Pretoria na Johannesburg.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga