• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Polisi yashwiragije abayoboke ba Martin Fayulu I Kinshasa

Umwanditsi
January 21, 2019

Polisi y’Igihugu cya Kongo Kinshasa ( PNC) kuri uyu wambere tariki 21 Mutarama 2019 yaburijemo inama y’abayoboke b’ihuriro LAMUKA ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta, ari nayo yari yatanze Martin Fayulu nk’umukandida mu matora y’umukuru w’Igihugu.   

Ibihumbi n’ibihumbi by’abayoboke b’ihuriro LAMUKA baturutse mu mpande zitandukanye z’umujyi wa Kinshasa, bashwiragijwe na Polisi y’Igihugu ibabuza guhurira ahari hateguwe ngo bumve ubutumwa Martin Fayulu yari yagennye.

Michee Mangala, umuyobozi w’ungirije w’urubyiruko rwibumbiye muri iri huriro yabitangaje ko polisi yaje aho bari bateraniye igashwiragiza abari bahari, bagakwira imishwaro nta busobanuro butanzwe. Podium ( uruhimbi) rwatwawe ahantu hatazwi n’abashinzwe umutekano.

Ati “ Perezida Martin Fayulu yagombaga kugeza ijambo kubaturage b’abanyekongo, ariko twatunguwe n’uko Polisi yatubujije guhura.” Iri huriro ritangaza kandi ko hari bamwe mu bayoboke baryo bari mukazi batawe muri yombi na Polisi n’igisirikare.

Benshi mubayoboke b’iri huriro biganjemo urubyiruko, bagumye igihe kirekire ahari hateguwe kubera iri huriro, bategereje ko Martin Fayulu ahagera. Abagize iri huriro basaba ko ukuri kwajya ahagaragara ku majwi yo mu matora y’umukuru w’Igihugu yatsinzwe na Felix Tshisekedi wanamaze kwemezwa n’urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga ko ariwe Perezida, mu gihe aba bayoboke ba LAMUKA nabo bavuga ko umukandida wabo Martin Fayuku ariwe wayatsinze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga