• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Musambira: Umugore yanize uruhinja rwe arujugunya mu musarane

Umwanditsi
February 3, 2019

Umugore witwa Ishimwe Bernadette w’imyaka 23 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Rubanga, Akagari ka Karengera, Umurenge wa Musambira yabyaye umwana w’umuhungu amwica amunigishije umwenda mu ijosi amuta mu musarane kuri uyu wa 3 Gashyantare 2019.

Ahagana ku I saa tanu n’igice z’amanywa y’iki cyumweru tariki 3 Gashyantare 2019 nibwo ubuyobozi bw’inzego zitandukanye bufatanije n’abaturage batangiye gucukura umusarane w’urugo rwaBikorimana Andree ahajugunywe uru ruhinja rukivuka.

Epimaque Rwandenzi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka karengera yahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Ko uyu mugore wiyiciye uruhinja arunigishije umwenda yari umukozi mu rugo rwa Bikorimana, aho yari amaze amezi atatu.

Rwandenzi, avuga ko uyu mugore Ishimwe Bernadette wari umukozi mu rugo rwa Bikorimana ngo Nyirabuja yamuketseho ko atwite abanza kubihakana avuga ko ari umubyibuho. Nyuma, aho bigaragariye ngo umukoresha we ( Nyirabuja) yamwemereye ko ashobora kubyarira mu rugo akazakomeza ku mufasha atitaye ko yari ahamaze amezi atatu gusa. Gusa ngo si ubwambere uyu Ishimwe abyaye.

Gitifu Rwandenzi, avuga ko uyu mugore Ishimwe yikomerekeje ubwo yabyaraga( yibyazaga), ko nyuma yo kumenya iki gikorwa kigayitse yakoze yahise afatwa akajyanwa mubitaro bya Remera-Rukoma aho ari kwitabwaho n’abaganga ariko kandi ngo akaba arinzwe n’inzego zishinzwe umutekano.

Rwandenzi, yabwiye intyoza.com ko amakuru yo kubyara kwa Ishimwe Bernadette no kuba yanize uruhinja rwe akarujugunya mu musarane ngo yatanzwe n’umujyanama w’ubuzima wamujyanye kwa muganga, bamupima bagasanga yabyaye nubwo ngo we yabihakanaga avuga ko yagize ikibazo cyo kuva. Ubuyobozi bwahise bukurikirana kugera mu rugo aho yakoraga, aribwo batangiye kubona bimwe mu bimenyetso banagera ku musarane yajugunyemo uruhinja batangira gucukura barukuramo rutakiri ruzima.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga