• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Rusizi: Abanyeshuri 310 basabwe kugira uruhare mu gukumira ibiyobyabwenge binyuze mu matsinda arwanya ibyaha

Umwanditsi
February 5, 2019

Kuri uyu wa 03 Gashyantare 2019, Polisi ikorera mu karere ka Rusizi mu murenge wa Nkanka yagiranye ibiganiro n’abanyeshuri bo muri GS Nkanka hagamijwe kurebera hamwe uko abanyeshuri barushaho kurwanya ibyaha birimo ibiyobyabwenge ndetse n’inda ziterwa abangavu binyuze mu matsinda arwanya ibyaha akorerera muri iri shuri.

Ni ibiganiro byitabiriwe n’abanyeshuri 310 aho byatanzwe na Inspector of Police (IP) Ange Irakarama ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira ibyaha mu karere ka Rusizi.

IP Irakarama yabwiye uru rubyiruko ko ibiyobyabwenge byangiza ejo hazaza h’ubikoresha bikanagira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano.

Yagize ati” Nkuko izina rya byo ribivuga biyobya ubwenge bw’ubikoresha ntagire icyo abasha kugeraho kuko aribyo biba bimuyobora. Bigira ingaruka mbi nyinshi ku buzima bw’ubinywa ndetse bikaba byanamushora no gukora ibindi byaha birimo ubujura, urugomo, gufata kungufu, guhohotera n’ibindi”.

IP Irakarama yanabaganirije kukijyanye n’inda ziterwa abana b’abakobwa bakiri bato abasaba kuzikumira birinda ababashuka.

Yagize ati” Nk’urubyiruko rusobanutse kandi rusobanukiwe turabasaba kwima amatwi ababashukisha impano zitandukanye kuko nta rukundo baba babafitiye uretse kubashora mu ngeso mbi ari naho hakomoka izo nda zitateganijwe”.

IP Irakarama asoza asaba uru rubyiruko rw’abanyeshuri gutanga amakuru ku babashuka bababwira ko bashobora kubajyana hanze y’igihugu bakababonerayo akazi ndetse n’amashuri meza kuko ataribyo ahubwo baba bagamije kubashora mu bikorwa by’ubucakara.

Aba banyeshuri bishimiye ibiganiro bahawe na Polisi, bagaragaza ko hari ibyo bakoraga kubwo kudasobanukirwa n’amategeko. Ubu bakaba biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi mu gukumira ibyaha bitandukanye binyuze mu mahuriro atandukanye arwanya ibyaha (Anti-crime clubs) akorera muri iri shuri.

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga