• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Centrafrika: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abaturage mu muganda

Umwanditsi
March 4, 2019

Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrika (MINUSCA) bifatanyije n’abaturage mu muganda ugamije kwimakaza umuco w’isuku aho batuye.

Ni umuganda wakozwe mu mpera z’icyumweru dusoje n’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (RWA PSU IV) bashinzwe kurinda abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa  bw’amahoro muri iki gihugu.

Uyu muganda waranzwe no gusukura umuhanda mu duce twa Marabena na Bondorobyi-Lipiya mu murwa mukuru Bangui aho witabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera Flavien Mbata ndetse n’abaturage batuye muri aka gace.

Mu ijambo rye Minisitiri w’ubutabera Flavien Mbata yashimiye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro uruhare bagaragaza mu gushakira abaturage ba Centrafrika imibereho myiza n’umutekano.

yagize ati “Turabashimira ku bwitange mukorana mwita ku baturage b’iki gihugu biza byiyongera ku kazi katoroshye k’ubutumwa mwahawe n’umuryango w’abibumbye. Iki gikorwa ni icy’agaciro kandi kitugaragariza ubufatanye n’urukundo mufitiye abaturage b’igihugu cyabakiriye”

Yakomeje agira ati “Uru ni urugero rwiza tuzakomeza gukurikiza mu rwego rwo gushyigikira isuku no gufata neza ubuzima bwacu.”

Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (RWA PSU IV) bashinzwe kurinda abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’intumwa z’umuryango w’abibumbye muri iki gihugu Chief superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kabanda yashimiye abaturage bifatanyije nabo muri uyu muganda abibutsa ko umutekano n’iterambere by’igihugu biri mu maboko yabo.

Yagize ati “Ndabashimira kuba mwaje kwifatanya natwe muri iki gikorwa cy’umuganda. Ubuzima bwanyu n’iterambere ry’igihugu bizaturuka kuri mwe ubwanyu kandi bizagerwaho ku bufatanye no mu mutima wo gukunda igihugu cyanyu.”

Yakomeje avuga ko gucunga umutekano bitagarukira gusa kuba nta ntambara, amakimbirane n’ibindi bikorwa by’urugomo biri mu gihugu ahubwo bikubiyemo no kuba abantu bafite ubuzima bwiza. Ni muri urwo rwego isuku ari kimwe mu by’ ibanze dukwiye kwitaho mu kurwanya indwara zirimo Malariya, impiswi ndetse n’ inzoka zo munda.

Abaturage bitabiriye uyu muganda bashimiye abapolisi b’u Rwanda igikorwa bakoze bavuga ko bagiye kujya bakurikiza urugero rwiza rw’umuganda bahawe ubwabo bakajya bawukora mu rwego rwo kwimakaza isuku aho batuye.

U Rwanda rwatangiye kohereza abapolisi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro n’umutekano ((MINUSCA) mu gihugu cya Central Africa muri 2014, nyuma y’uko ubushyamirane hagati y’imitwe ya Séléka na Anti-balaka bwatangiye muri 2012 bumaze gufata indi ntera y’ubwicanyi, ubu muri iki gihugu hakaba hari abapolisi b’u Rwanda barenga 450 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye buzwi nka MINUSCA.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga