• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Ruhango: Abakozi babiri bo mubiro by’ubutaka batawe muri yombi bakekwaho kwiba mudasobwa

Umwanditsi
March 16, 2019

Munyankindi Christian na Dominique Nshimyumuremyi, bakora mu karere ka Ruhango mu biro by’ubutaka batawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB kuri uyu wa 15 Werurwe 2019 aho bakekwaho kwiba mudasobwa zo mu boko bwa Laptop.

Amakuru yitabwa muri yombi ry’aba bakozi b’Akarere bakora mu biro by’ubutaka yemezwa n’umuyobozi w’Akarere ka Ruhango ndetse n’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB nk’uko umuseke dukesha iyi nkuru wabitangaje.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Valens Habarurema, yavuze ko ibura ry’izi mudasobwa ryabaye kuri uyu wa gatanu ku manywa y’ihangu ubwo aba bakozi uko ari babiri basohotse mu biro nyuma bakaza kugaruka bavuga ko babuze mudasobwa eshatu.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, avuga ko aba bakozi aribo bavuye mu biro nyuma y’abandi kandi basiga bakinze. Yavuze kandi ko Ubuyobozi bw’Akarere bwiyambaje urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo rukore iperereza ruhereye kuri aba bakozi.

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha-RIB, Mbabazi Modeste nawe yahamije amakuru y’ifatwa ry’aba bakozi uko ari babiri, avuga ko bacumbikiwe n’uru rwego mu buryo bwo gukora ilerereza ku byaha bakehwaho byo kwiba ibi bikoresho by’Akarere. Uko ari babiri, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga