• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyamagabe: Hafatiwe ibicuruzwa bitandukanye bya magendu

Umwanditsi
April 6, 2019

Kuri uyu wa 05 Mata 2019, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Cyanika yakoze umukwabu wo kugenzura abacuruza ibicuruzwa bya magendu maze hafatwa ibicuruzwa bitandukanye.

Bimwe muri ibyo bicuruzwa byafashwe bigizwe n’ ibiro 300, by’ifumbire nyongera musaruro, amavuta yo kwisiga ahindura uruhu, amaduzeni 8 y’amasashi, imiti y’abantu n’iyamatungo ndetse n’inzoga zitemewe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi avuga ko ibi bicuruzwa byafatanwe abacuruzi batandukanye.

Yagize ati” Iki gikorwa cyateguwe na Polisi ikorere mu Murenge wa Cyanika k’ubufatanye n’izindi nzego zishinzwe umutekano, maze basanga abenshi mu bacuruzi bafite ibicuzuzwa bya magendu ndetse bimwe muri byo byararengeje igihe”.

CIP Karekezi yaboneyeho kugira inama abacuruza magendu kubireka kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Ati” Magendu ni icyaha gihanwa n’amategeko kuko yangiza ubucuruzi bwemewe n’amategeko kandi imisoro n’amahoro biva mu bucuruzi ari byo bigeza igihugu ku iterambere”.

Akomeza avuga ko magendu ikwiye kurwanywa na buri wese kuko idindiza ubukungu bw’igihugu n’ibikorwa remezo birimo imihanda, ibitaro, amashuri, amashanyarazi byakavuye muri ya misoro iba yanyerejwe n’abo bacuruza magendu.

Ibi bicuruzwa na banyirabyo bashyikirijwe sitasiyo ya Polisi ya Gasaka aho bategereje gushyikirizwa ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu (Revenue protection unit) kugirango bacibwe amande ateganywa n’amategeko.

CIP Karekezi asoza asaba abaturage kujya batungira agatoki inzego z’umutekano abacuruza ibicuruzwa bya magendu kuko bihombya abakora ubucuruzi bwemewe n’amategeko.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga