• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Prof. Dusingizemungu asanga ababyeyi bakwiye gufashwa kwigisha abana amateka kuri Jenoside

Umwanditsi
April 28, 2019

Perezida w’umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi-Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Prof Dusingizemungu Jean Pierre asaba ababyeyi kuganiriza abana babo batabahisha amateka kuri Jenoside, bakabikora batayagoreka, babafasha gusubiza ibibazo byose bafite.

Prof Dusingizemungu, ibi yabigarutseho kuri uyu wa 26 Mata 2019 mu butumwa yahaye abitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko kwibuka abasaga ibihumbi 50 biciwe ku Mugina ( icyahoze ari Komine Mugina ubu ni Umurenge wa Mugina).

Yagize ati” Ababyeyi bagomba gufashwa, bakeneye gufashwa bagakangurirwa kuvuga amateka, abenshi nta nayo bavuga ariko hari n’abayavuga bakagoreka bakazanamo n’iby’ingengabitekerezo n’ibindi, ababyeyi rero bagomba gukurikiranwa buri gihe buri gihe, kandi na hariya duhurira mu midugudu no mu bikorwa bindi duhuriramo mu masibo n’ahandi aho niho ababyeyi bagomba gufashirizwa”.

Prof Dusungizemungu akomeza ati” Kandi noneho hagashyirwaho n’uburyo bwo kujya abantu bagenzura niba abo babyeyi koko ayo mateka bayakomeza, mu biganiro bagirana n’abana, ariko kandi hari n’ikindi kibazo cy’uko ababyeyi benshi batabona n’umwanya uhagije wo kuganira n’abana, tukaba dukangurira ababyeyi ngo bongere umwanya wo kuganira n’abana, basubize ibibazo bababaza kuko hari n’abarimu bananirwa kugira ingingo bakomozaho bakabwira abana bati muzajye kubaza ababyeyi banyu”.

Akomeza kandi avuga ko hari bamwe mu babyeyi bakwepa kuganiriza no kwigisha abana babo ku mateka y’u Rwanda kuri Jenoside bitewe no kutagira ubumenyi ndetse no kubura imfashanyigisho.

Asaba Komisiyo y’Ubumwe n’ubwiyunge ko ifatanije n’abahanga bashaka uko bakora incamake y’igitabo avuga ko cyasohotse muri 2016 kivuga ku mateka y’u Rwanda n’aya Jenoside, bikagezwa kubabyeyi bose bakanasobanurirwa uko bajya bayiganiriza abana. Asaba kandi abafite ubushobozi kurusha abandi guhugura abatabufite hagamijwe gushyikiriza aya mateka abana bose b’u Rwanda ari amwe.

Prof Dusingizemungu ahamya ko mu gushaka gukurikirana no kumenya umusaruro uva mu nyigisho zitangwa n’ababyeyi ku bana hakwiye kubaho uburyo abana babazwa icyo bahabwa n’ababyeyi, bityo bigafasha kumenya neza niba bahabwa ibibagirira akamaro. Niba badahabwa ibikocamye nk’uko abivuga cyangwa se hatarimo ingengabitekerezo, niba se byuzuye bityo abantu ngo bahereye kuri ibyo bakamenya ahakwiye gushyirwamo imbaraga kurushaho.

Abayobozi batandukanye bunamiye abatutsi basaga ibihumbi 50 biciwe ku Mugina muri Jenoside.

 

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga