• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Nyamagabe: Abagize CPCs bibukijwe kuzuza inshingano zabo

Umwanditsi
May 22, 2019

Abagize komite zo kwicungira umutekano (Community Policing Committees –CPCs) ni bamwe mubafatanya na Polisi mu gucunga umutekano, batanga amakuru agamije gukumira ibyaha bitaraba. Bibukijwe inshingano bafite.

Ni muri urwo rwego kuri uyu wa 20 Gicurasi 2019 Polisi ikorera mu karere ka Nyamagabe yaganirije ba CPCs 105, baturutse mu tugari tutandatu (6) tugize umurenge wa Uwinkingi bibutswa kurushaho kunoza inshingano zabo za buri munsi.

Iyi nama yayobowe n’ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Karere ka Nyamagabe, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Solange Bihoyiki ari kumwe n’umuyobozi ushinzwe irangamimerere mu murenge Ndagijimana Lambert.

CIP Bihoyiki yabwiye abagize CPCs ko bakwiye kurushaho kwicungira umutekano, bakumira ibyaha bikunze kugaragara mu baturage birimo amakimbirane yo mu ngo, ubujura, urugomo n’ibindi bikomoka ku myitwarire mibi.

Ati “Umuturage w’u Rwanda agomba kugira umutekano usesuye aho atuye kandi awugizemo uruhare kugira ngo abashe kugera ku iterambere yifuza. Ibi bizagerwaho nimukora akazi kanyu uko bikwiye mukumira ibyaha bitaraba, mukanatangira amakuru ku gihe cyane cyane ku bintu bihungabanya umutekano iwacu mu miryango.”

By’umwihariko yavuze ko abaturage bakwiye guhangana n’icuruzwa, ikwirakwizwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kuko bigira uruhare runini mu guhungabanya umutekano w’abaturage.

Ati “Ikibazo cy’ibiyobyabwenge n’ingaruka zabyo murabizi, musabwe kukitaho mukabikumira kuko nibyo bitwangiriza urubyiruko n’abaturage bikaba byatuma bishora mu bindi bikorwa bibi.”

Ndagijimana Lambert ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Uwinkingi yababwiye ko umutekano ariwo uza ku isonga mu gutuma umuntu agera ku iterambere rirambye, kubera ko aba akora atekanye.

Yagize ati “Nta terambere twageraho tudafite umutekano usesuye kuko ibyiza byose niwo tubikesha, murasabwa gufatanya na Polisi ndetse n’izindi nzego zishinzwe umutekano kurwanya ibyaha, kugira ngo buri muturarwanda wese abeho atekanye.”

Ndagijimana yashimiye Polisi uburyo idahwema kwigisha abaturage gutangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bibashe gukumirwa bitaraba, asaba buri wese guharanira icyamuteza imbere, arwanya icyahungabanya umutekano.

Abagize komite zo kwicungira umutekano (CPCs) biyemeje ko bagiye gushyira mu bikorwa inama bagiriwe ndetse banarushaho gukangurira abaturage bose kugira uruhare runini mu mutekano.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga