• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
16/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
16/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
16/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Polisi yerekanye abagabo batatu bakekwaho kwiyitirira kuba abapolisi bakambura abaturage

Umwanditsi
June 1, 2019

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Gicurasi 2019 Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abagabo batatu aribo Gasana Steven w’imyaka 36, Ngabonziza Lambert imyaka 47 na Twarabanye Robert imyaka 31 bose bakekwaho kwiyitirira urwego rwa Polisi bakambura amafaranga abaturage babizeza kubashakira impushya zo gutwara ibinyabiziga. Bose bafatiwe mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Nyarugunga.

Uko ari batatu bemerako bakoze iki cyaha cyo kwiyita abapolisi bakajya mubaturage bakabaka amafaranga bababwira ko bazabaha impushya zogutwara ibinyabiziga.

Bafashwe bamaze gukusanya amafaranga arenga miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, buri muturage bijeje guha uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bamwakaga amafaranga ibihumbi  360.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) Rafiki Mujiji yavuze ko aba bagabo bafashwe k’ubufatanye n’abaturage kuko nibo batanze amakuru ko hari abantu babasanga mu ngo aho batuye bakabizeza ko bazabafasha kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga .

Ati “ Abaturage bagize ikibazo cy’abantu bazaga bababwira ko ari abapolisi bakabizeza kubashakira ibyangombwa byo gutwara ibinyabiziga bamwe mu baturage bagize amacyenga bamenyesha Polisi maze irabafata.”

CP Mujiji yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda serivise itangaza zose izitanga mu buryo bwubahirije amategeko kandi bunyuze mu mucyo, agasaba abaturage kwirinda ababashuka babizeza kubaha impushya zo gutwara ibinyabiziga cyangwa kubaha indi serivisi

CP Mujiji yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda itazahwema mu kurwanya umuntu wese washaka gukora ibinyuranyije n’amategeko. Avuga kandi ko gahunda yo gushaka abandi batekamutwe ikomeje abiyita ko ari abapolisi cyangwa se abandi bashuka abaturage bagamije kubambura ibyabo .

CP Mujiji yavuze ko kandi Polisi hari byinshi imaze gukora kugirango serivise itanga zigere ku bantu bose kandi mu buryo bworoheje.

Ati”Turagenda tuzana ikoranabuhanga kugirango umuntu icyo ashaka gukora agikore bidasabye ko ajya kure, ibyo rero byakagombye gutuma umuntu wese yumva ko ntawundi ukwiye kwitambika hagati amwizeza ubufasha.”

Yasoje avuga ko aho ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda rikorera hazwi ushaka serivise wese yahagana bakamufasha, asaba abaturage ko hari ikintu babonye kidasobanutse bajya bamenyesha inzego zibishinzwe hakiri kare.

Aba bagabo bose bafatiwe mu murenge wa Nyarugunga mu karere ka Kicukiro, kuri ubu bashyikirijwe urwego rw’Iguhgu rushinzwe ubugenzacyaha -RIB kugira ngo bakurikiranwe mu mategeko.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga