• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
26/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
26/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
26/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

U Rwanda rwafunguriye ibikamyo bitwara ibiremereye umupaka wa Gatuna

Umwanditsi
June 9, 2019

Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu cy’ imisoro n’amahoro-RRA bwatangaje kuri uyu wa 07 Kamena ko guhera tariki 10 kugeza 22 z’ukwezi kwa Kamena 2019 ibimodoka byikorera ibiremereye( Ibikamyo) byemerewe gukoresha umupaka wa Gatuna mu buryo bw’agateganyo.

Icyemezo cyafashwe n’ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro-RRA cyo kureka ibikamyo byikorera ibiremereye bikanyura ku mupaka wa Gatuna ni icy’agateganyo kizamara iminsi igera kuri 12.

Ubuyobozi bwa RRA, butangaza ko iki cyemezo cyafashwe by’agateganyo hagamijwe kureba ko imirimo irimo ikorwa kuri uyu mupaka ntaho yabangamira urujya n’uruza rw’abakoresha uyu mupaka.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro cyari cyahagaritse amakamyo yacaga kuri uyu mupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda bitewe n’imirimo yo kuwubaka nk’umupaka uhuje ibihugu bibiri ( U Rwanda na Uganda) One Sop Border Post.

Itangazo rya RRA.

Uyu mwanzuro wo guhagarika ibikamyo kunyura kuri uyu mupaka wakuruye impaka n’ibibazo hagati y’ibihugu byombi, aho Uganda yahise ishinja u Rwanda ko rwafunze umupaka, mu gihe rwo rwatangazaga ko nta mupaka wafunzwe, ko ahubwo hari ibikorwa byo kuwubaka ngo birusheho korohereza urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa bihanyura.

Uhereye tariki 28 Gashyantare 2019, nibwo imodoka zitwaye ibicuruzwa zasabwe gukoresha umupaka wa Kagitumba bitewe n’ibikorwa by’ubwubatsi byakorerwaga ku mupaka wa Gatuna bitari kubangikanywa no kuwukoresha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga