• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Nyamasheke: Imodoka itwara imirambo yafashwe itwaye magendu

Umwanditsi
July 5, 2019

Mu ijoro rya tariki 4 Nyakanga 2019 Polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke yafatiye mu bikorwa byo gutunda no gucuruza mangendu imodoka isanzwe ikoreshwa mu gutwara imirambo mu rwego rwo kujijisha inzego z’umutekano.

Iyi modoka y’ikompanyi itwara imirambo yitwa “DUTABARANE” yafatiwe mu muhanda Ntendezi-Rusizi itwawe n’uwita Afurika Placide w’imyaka 57 y’amavuko.

Yasanzwemo amabalo atatu y’imyenda ya magendu n’indi ihambuye ndetse n’inkweto ziri mu dukapu 8 byose bitatangiwe imisoro.

Iyi myambaro n’inkweto bya magendu birakekwa ko ari ibya Ntigurirwa Daniel na Kagesera Simon nabo bafatiwe muri iyi modoka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yaburiye abantu basigaye bakoresha amayeri atandukanye mu gutunda no gucuraza ibintu bitemewe bagamije kujijisha inzego zishinzwe umutekano,  ko bazajya bafatwa ku bufatanye n’abaturage.

Ati “Kuba imodoka tuziho gutabara abagize ibyago byo kubura umuntu ifatirwa muri magendu ntibisanzwe, ariko ni amwe mu mayeri menshi akoreshwa n’abakora ubucuruzi butemewe kandi tugenda tuyavumbura ku buryo tuzajya tubafata.”

Yavuze ko abaturage aribo bafatanyabikorwa b’imena mu gukumira no kurwanya icuruzwa rya magendu n’ibiyobyabwenge, agashima ubufatanye n’uruhare badahwema kugaragariza Polisi mu kwicungira umutekano.

Yagize ati “Aho tutari abaturage barahatubereye kandi basobanukiwe bihagije akamaro ko gutanga amakuru ku bikorwa nk’ibi bitemewe ndetse n’ibishobora guhungabanya umutekano. Utekereza rero gukora ikinyuranyije n’amategeko amenye ko mugenzi we amureba, bivuze ko n’inzego z’umutekano zamubonye kuko umuturage arazirebera.”

Iyi modoka yafashwe ubwo yahindukiraga ivuye i Rusizi gutwara umurambo, mu kugaruka nibwo abapolisi bayihagaritse nyuma yo gutungirwa agatoki n’abaturage, bayisangamo magendu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashimiye abaturarwanda uruhare rwabo mu kwicungira umutekano no kurwanya ibikorwa binyuranyije n’amategeko, abasaba kurushaho gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukomeza kubaka igihugu gitekanye.

Abafatiwe muri iyi modoka uko ari batatu bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB rukorere kuri sitasiyo ya Ruharambuga kugira ngo bakorweho iperereza. Mu gihe imodoka n’ibyayifatiwemo byashyikirijwe ishami rya Polisi ya Rusizi rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu (RPU).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga