• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Polisi irashima uruhare rw’abaturage mu gutanga amakuru y’abakora ibyaha

Umwanditsi
July 23, 2019

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uruhare bakomeje kugaragaza rwo gukumira no kurwanya abakora ibyaha. Ni nyuma y’aho mu mpera z’icyumweru dusoje mu mujyi wa Kigali hafatiwe abagabo babiri bafite amafaranga y’amiganano bigizwemo uruhare n’abaturage batanze amakuru ku gihe bagafatwa. 

Abafashwe ni Nambajimana Pascal ufite imyaka 30 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge agerageza kubitsa amafaranga 10,000 y’amiganano k’umukozi (Agent) wa sosiyete y’itumanaho ya MTN na Sibomana Janvier w’imyaka 24 wafatiwe mu murenge wa Nyarugunga mu karere ka Kicukiro nawe agerageza kubitsa amafaranga 9,000 y’amiganano k’umukozi wa MTN. Mu karere ka Gasabo nanone hakaba hari haherutse gufatirwa abagabo babiri bafite amadorali 200$ y’amiganano.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko abo bagabo bombi bafashwe ubwo bageragezaga kubitsa amafaranga y’amiganano ku bakozi ba sosiyete ya MTN.

Yagize ati “Abo bagabo bafashwe ubwo bageragezaga kubitsa ayo mafaranga ku bakozi ba MTN nabo babanza gushishoza ko amafaranga bahawe ari mazima nyuma baza gusanga ari amiganano bihutira gutabaza Polisi yihutira kubafata.”

CIP Umutesi yasabye abakozi bakora ubu bucuruzi (bacuruza mitiyu), abacuruza mu masoko atandukanye, mu tubari n’ahandi kujya bitwararika bakabanza kureba amafaranga bahawe ko yujuje ubuziranenge.

Yagize ati “Abantu bakwiye kujya bitwararika bakareba amafaranga bahawe ko ari mazima kuko hari abaza kubitsa amafaranga atujuje ubuziranenge babizi kugira ngo baze kubikuza amazima ahandi, abandi bagahaha bakoresheje amafaranga y’amiganano.”

Yongeraho ko amafaranga y’amiganano agira ingaruka mbi k’ubukungu bw’igihugu nko gutuma ifaranga ry’igihugu ritakaza agaciro bikagira ingaruka ku isoko kuko ibicuruzwa bihenda cyane.

Yakomeje akangurira ibigo by’imari n’amabanki kugira ibikoresho bitahura amafaranga y’amiganano mu rwego rwo gufata uwaba ushaka kubitsa amafaranga atujuje ubuziranenge.

CIP Umutesi by’umwihariko yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza ubufatanye n’imikoranire myiza hagati yabo na Polisi, aho bagira uruhare rwo gutanga amakuru ku gihe abakora ibinyuranyije n’amategeko bagafatwa, anaboneraho n’umwanya wo gushishikariza n’abandi kujya bihutira gutanga amakuru y’abakora ibyaha kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

Yagiriye inama abishora mu bikorwa byo gukora amafaranga kubireka kuko Polisi y’u Rwanda k’ubufatanye n’abaturage iri maso kugira ngo bafatwe bakurikiranwe n’amategeko.

Nambajimana na Sibomana bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ngo bakurikiranwe ku byaha bacyekwaho.

Ingingo ya 269 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni icumi (10.000.000 FRW).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga