• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Gabiro: Abapolisi 43 Bitabiriye imyitozo ihuza inzego z’Umutekanno irimo guhuza ibihugu 26

Umwanditsi
August 14, 2019

Abapolisi bagera kuri 43 bitabiriye imyitozo ihuza inzego z’umutekano zo mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika, Amerika n’Uburayi yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Kanama 2019 mu kigo cya gisirikari i Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo.

Iyi myitozo yitabiriwe n’abantu bagera ku 1200 baturutse mu bihugu 26, aho bagiye kungurana ubumenyi mu bijyanye no kubungabunga amahoro n’umutekano mu gihe cy’ibyumweru bibiri azamara.

Iyi myitozo ifite insanganyamatsiko igira iti “Ubufatanye mu mahoro kandi arambye” ku ntego yo kongera ubushobozi buturutse ku myitozo iteguye neza hibandwa cyane ku bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Muri iyi myitozo kandi bazagaruka ku masomo arebana no kurinda abanyacyubahiro, gutabara abari mu kaga ndetse no gutanga ubutabazi bw’ibanze.

Assistant Commissioner of Police (ACP) Safari Uwimana avuga ko iyi myitozo izafasha abapolisi kumenya uburyo bwo gutabara, kwirinda n’uburyo bacungira umutekano w’abanyacyubahiro ndetse n’uko baha ubutabazi bw’ibanze uwakomeretse.

Yagize ati “Kwiga ni uguhozaho, iyi myitozo abapolisi bazayikuramo ubunararibonye banasangize bagenzi babo ibyo bafitemo uburambe nk’ibirebana no guhosha imyigaragambyo, uko barinda abanyacyubahiro (VIP) ndetse n’uburyo bwo kwita no gutabara abari mu kaga.”

Yokomeje agira ati “Umusaruro w’iyi myitozo uzakomeza gushimangirwa n’ubushobozi inzego zacu zishinzwe umutekano zigaragaza mu gucunga abaturarwanda n’ibyabo ndetse bakanafasha no gutanga ituze mu bihugu bigifite umutekano muke”.

Iyi myitozo yateguwe k’ubufatanye bw’igisirikari cy’u Rwanda, icya Amerika, ibihugu bitandukanye bya Afurika, umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi ndetse n’indi miryango mpuzamahanga.

Twabibutsa ko u Rwanda rufite abapolisi bagera ku 1000 mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro n’umutekano mu bihugu bya Centre Afurika na Sudani y’Epfo, aho bakoresha ubumenyi buri ku rwego mpuzamahanga mu gukemura ibibazo abatuye ibyo bihugu bafite.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga