• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Abayobozi b’inzego zibanze bitiranya Gahunda y’Ubudehe no kwesa Imihigo- Ingabire TI Rwanda

Umwanditsi
August 20, 2019

Nyuma y’ubushakashatsi ku byiciro by’Ubudehe bwakozwe na Transparency International Rwanda ikabumurika Tariki 14 Kanama 2019, Umuyobozi wa TI Rwanda, Ingabire Marie Immaculee ahamya ko abayobozi b’Inzego zibanze bitiranya Gahunda z’Ubudehe no kwesa Imihigo.

Ingabire M. Immaculee, avuga ko mubyo abaturage bagaragaje ndetse n’ubushakashatsi bukabigaragaza ni uko hari bamwe mu bayobozi b’Inzego zibanze bashaka kwesereza Imihigo mu gutekenika imibare ya gahunda z’Ubudehe nk’aho bagabanya imibare nkana y’abakene bafite bagamije kubona amanota meza n’ibindi.

Ati“ Natwe tumaze kubibona henshi babyitiranya no kwesa imihigo. Abayobozi b’Inzego zibanze bumve ko ikigekenewe ari ukuzamura Umunyarwanda, kandi n’ubundi Leta ishoramo amafaranga menshi cyane. Ni bave ku kintu cyo kuvuga ngo barashaka kugabanya umubare w’Abakene kuko ibyo ng’ibyo binica n’igenamigambi rindi risanzwe”.

Akomeza ati“ Icyo kintu nabo ni bagerageze bacyumve kandi ubirenzeho anabihanirwe. Erega ikibazo cyo muri iki gihugu ni uko umuntu akora n’amakosa ntahanwe, nabyo biraho”. Akomeza avuga ko hari Serivice zimwe zigomba kuva ku kuba zitangwa hakurikijwe ibyiciro by’Ubudehe nko kwishyurira abana amashuri, kwivuza n’ibindi. Avuga ko abaturage ubwabo baba bazi imibereho ya bagenzi babo ariko bikicwa na bamwe mu bayobozi b’inzego zibanze biremera abaturage bagahimba imibare itariyo.

Asaba abayobozi b’Inzego zibanze kujya batanga imibare nyayo y’abaturage bafite aho kwiremera imibare bashaka, akenshi kubera ruswa cyangwa se gushaka kwigaragaza neza ko besheje imihigo kandi bazi neza ko babeshya.

Ingabire Marie Immaculee, avuga ko iyo hari ibikozwe nabi byaba byajemo ruswa cyangwa se itekenika, ngo byose byica gahunda y’Igihugu bigatuma icyari kigenderewe kitagerwaho. Aha niho ahera asaba ko uwo bigaragayeho wese yajya abihanirwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga