Kamonyi: Ukekwaho uburwayi bwo mu mutwe yishe mushikiwe akoresheje ifuni anakomeretsa Nyina bikomeye

Ahagana ku i saa kumi n’ebyiri n’iminota 30 z’Igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Tariki 23 Kanama 2019 mu Mudugudu wa Musebeya, Akagari ka Muganza ho mu Murenge wa Runda uwitwa Bikorimana w’imyaka 32, arakekwaho kuba yishe mushikiwe amukubise ifuni akanakomeretsa mu mutwe bikomeye Mama umubyara.

Amakuru agera ku intyoza.com ariko kandi yemezwa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda ni ay’uko uyu Bikorimana bivugwa ko amaze imyaka ine ajunjamye, afatwa nk’umurwayi wo mu mutwe yishe Mushikiwe witwa Uwamahoro Janviere w’imyaka 17 y’amavuko akoresheja agafuni.

Uretse kuba uyu Bikorimana yishe uyu Mushikiwe, yanakomerekeje mu mutwe bikomeye Nyina umubyara ku buryo yahise ajyanwa mu bitaro bya Remera Rukoma igitaraganya aho nawe atamerewe neza.

Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yabwiye intyoza.com ko aya makuru yayamenye ayabwiwe n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu ko umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe( ni ibikekwa kuko nta cyemezo cya muganga kibihamya) yishe mushiki we akanakomeretsa mu mutwe Nyina umubyara.

Uyu Bikorimana nyuma yo gukora aya mahano yafashwe. Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda buvuga ko yoherejwe mu bitaro bivura abafite uburwayi bwo mu mutwe bya Ndera ngo bisuzume ikibazo afite, ariko bidakuyeho ko ubutabera bugomba gukora akazi kabwo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →