Papa Francis yaheze muri Esanseri bituma akererwa isengesho

Ku myaka 82 y’amavuko, Papa Francis yasabye imbabazi abakirisitu nyuma yo guhera muri Ascenseur-lift (icyuma kizamura cyangwa kikamanura abantu mu mazu y’amagorofa), aho yagobotswe n’abazimya inkongi z’umuriro. Ibi byatumye akererwa isengesho riba rimwe mu cyumweru ku rubuga rwitiriwe Mutagatifu Petero( St peter’s Square) I Vatikani.

Papa Francis, yavuze ko yaheze muri Esanseri igihe kingana n’iminota 25 bitewe n’uko umuriro wari wabuze ariko ngo aza gutabarwa n’abashinzwe kuzimya inkongi z’umuriro.

Agitangira iryo sengesho rizwi nka“Angelus” amwenyura, Papa Francis yabwiye abakirisitu ko agomba kubasaba imbabazi kubera gukererwa. Aboneraho n’akanya ko gusaba abakirisitu gukomera amashyi aba bazimya inkongi z’umuriro bamutabaye.

Yabwiye imbaga y’abakirisitu ko habayeho igabanuka ry’ingufu z’umuriro, bigatuma iki cyuma kimanura kikanazamura abantu mu nzu z’amagorofa ( Ascenseur-Lift) gihagarara.

Ati“ Imana ishimwe, abazimya inkongi bahageze, kandi ndabashimira cyane, nuko nyuma y’iminota 25 bakora, bashobora gutuma Esanseri yongera gukora.

Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, Televiziyo zo mu Butaliyani zisanzwe zitangaza iri sengesho igihe rirmo kuba ngo zari zahangayitse cyane kuko uku gukererwa kwa Papa ngo kutari kwarigeze kubaho.

Papa Francis, yatangarije muri iri sengesho ko mu kwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2019 azashyiraho Abakaridinari icumi bashya muri Kiriziya Gatolika.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →