Indege ya Air Tanzania yari imaze igihe ifatiriwe muri Afurika y’Epfo yarekuwe

Nyuma y’igihe kirenga icyumweru indege ya Air Tanzania ifatiriwe ku kibuga cy’I Johannesburg, kuri uyu wa Gatatu Tariki 04 Nzeli 2019 yarekuwe. Byasabye ko Tanzaniya yohereza abanyamategeko muri Afurika y’Epfo batangira urubanza rwatumye icyemezo kiyirekura gifatwa.

Ifatirwa ry’iyi ndege yo mubwoko bwa Airbus 220-300 ryaturutse ku mugabo w’umuhinzi witwa Hermanus Steyn wavukiye Namibia aho yareze mu nkiko za Afurika Y’Epfo ko ubutegetsi bwa Tanzania bwanze kumwishyura Miliyoni 33 z’Amadolari ya Amerika y’ingurane y’ubutaka bwe Leta yatwaye.

Nyuma y’ifatrwa ry’iyi ndege, Leta ya Tanzaniya yohereje abanyamategeko mu gihugu cya Afurika y’Epfo barega uyu Hermanus mu nkiko z’I Johannesburg ku gira ngo ubutabera bw’iki gihugu bufate icyemezo gikuraho icyari cyafashwe mbere cyo gufatira iyi ndege.

Mu rubanza, Leta ya Tanzaniya yemereye urukiko ko itanze kwishyura uyu Hermanus amafaranga imurimo, ko ndetse hari igice cyayo yamuhaye mbere. Ivuga rero ko ibyo bitagatumye iyi ndege ifatirwa.

Damas Ndumbaro, Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’amahanga wa Tanzaniya yabwiye bbc dukesha iyi nkuru ko Leta ya Tanzaniya yamaze kwishyura uyu Hermanus asaga Miliyoni 20 z’amadolari ko kandi n’andi atazayamburwa.

Abacamanza babiri muri Afurika y’Epfo bamaze gutegeka ko indege irekurwa. Uruhande rw’abunganira uyu muhinzi rwavuze ko ibyakozwe ari akarengane kuri bo ariko birinze kugira icyo bavuga niba hari urundi rwego rw’amategeko bari bwiyambaze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →