• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi/Karama: Umunsi wa mwarimu wabereye bamwe mu barezi nk’umuti usharira bataha bababaye

Umwanditsi
October 5, 2019

Mu gihe kuri uyu wa 5 Ukwakira 2019 ari umunsi mukuru wahariwe mwarimu ku isi, aho no mu Rwanda wizihijwe hirya no hino kugera ku rwego rw’umurenge, abarimu bo mu murenge wa Karama batashye babihiwe n’uyu munsi mu gihe bagenzi babo byari akanyamuneza basangira bishimiye umunsi wabahariwe.

Bamwe mu barezi bo mu Murenge wa Karama batahanye akababaro nyuma y’Ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru wabo kuko mu gihe abandi basoje ibirori bajya kwiyakira hirya no hino aho bateguye, aba bo batashye bashaririwe kuko buri wese yerekeje aho ataha.

Mu mvugo ya bamwe bababajwe no kuba uyu munsi batawizihije neza nk’umunsi wabo, babwiye intyoza.com ko nta kibabaje nko kwitabira umunsi mukuru wabo, bakazinduka igitondo bakirirwa mu birori umunsi wose kugeza mu ma saa munani biririwe agacupa k’amazi barangiza ngo ni batahe mu gihe bagenzi babo bahitiye aho bagombaga kwiyakirira bakanywa bakarya bishimira umunsi mukuru wa mwarimu.

Ubwo intyoza.com yabazaga ushinzwe uburezi mu Murenge wa Karama, Ernest Rubayiza yavuze ko bo bateguye ko uyu munsi bazawizihiza biyakira ( banywa banarya )kuri uyu wa mbere tariki 7 Ukwakira 2019 ngo kuko ariko babyemeranijweho. Avuga ko abavuga ibi ari abaswa. Bamwe bibaza uburyo baziyakira bakanywa, bakarya kandi ari umunsi w’akazi ariko kandi buri bunacye basubira mukazi, hari n’abadashira amakenga ibyo kwiyakira n’ingengo y’imari yabiteganyirijwe.

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yabaye nk’utunguwe ubwo intyoza.com yamubazaga iby’aba barimu batashye bahitira mu ngo iwabo, babihiwe kubwo kutizihiza umunsi wa mwarimu.

Kubwa Meya Kayitesi, yari aziko abarimu bose mu karere ayoboye bavuye mu birori bajya kwiyakira nkuko byateguwe. Yabwiye umunyamakuru ko agiye gukurikirana iby’iki kibazo kuko azi ko bakabaye barangije umunsi wabo biahimye nka bagenzi babo

Meya Kayitesi, yabwiye intyoza.com ko atari azi ko hari aho abarimu baba batashye batiyakiriye kandi uburyo bwo kwiyakira bwarateganijwe, aho ngo buri mwarimu yagenewe amafaranga ibihumbi bitatu magana atanu ( 3,500Frws) akuwe kuri Captation grant( amafaranga atangwa hagamijwe gufasha mu bikorwa bitandukanye by’amashuri).

Ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru wa mwarimu ku rwego rw’Igihugu wabereye mu Karere ka Kamonyi witabirwa na Minisitiri w’Uburezi Mutimura Eugene wari uherekejwe n’abafatanyabikorwa batandukanye b’iyi Minisiteri n’Abayobozi batandukanye barimo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’abandi kugera ku rwego rw’Akarere.

Ni ibiroro byatangiwemo ibihembo ku rwego rw’Igihugu ku barimu babaye indashyikirwa ku rwego rw’Umurenge, Akarere, Intara n’Igihugu muri Rusange. Hanashimiwe kandi abafatanyabikorwa ba Mineduc ku ruhare rwabo n’umusanzu mu burezi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga