• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abapolisi barenga 370 basoje amahugurwa abongerera ubumenyi

Umwanditsi
October 26, 2019

Aya mahugurwa yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Ukwakira 2019, asorezwa mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi riherereye mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari (PTS-Gishari), ari naho aya mahugurwa yaberaga.

Ni amahugurwa yamaze ibyumweru Bibiri, yitabirwa n’abapolisi 371 bakorera mu turere, mu ntara ndetse no mu yandi mashami ya Polisi y’u Rwanda.

Aya mahugurwa yari agamije kongerera ubumenyi abapolisi mu bijyanye n’akazi kabo ka buri munsi hagamijwe kongera ubunyamwuga ndetse no kugendera ku mahame y’umwuga wa gipolisi.

Ubwo yasozaga aya mahugurwa, umuyobozi mukuru wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda yasabye abahuguwe kuzakoresha ubumenyi bahawe bakazana impinduka nziza aho bakorera ndetse ari nako basangiza ubwo bumenyi bagenzi babo.

Yagize ati: “Ntabwo wabona ikiguzi cy’umutekano, umutekano urahenda. Niyo mpamvu gukunda igihugu no kucyitangira aribyo bigomba kubaranga iteka”.

Yakomeje ababwira ko gukunda igihugu bivuze kurwanya ikintu cyose gishaka kubangamira umutekano n’iterambere byacyo nka ruswa n’abandi banyabyaha.

Ati: “Intego y’aya mahugurwa ni ukongera umuco wo gukorera hamwe nk ‘ikipe, guhanahana amakuru, buri muntu akigira ku wundi bityo igipolisi kikarushaho gukomeza gukomera kandi kigakomeza gukora kinyamwuga”.

DIGP Marizamunda yagaragarije abapolisi ko ibyo byose bigerwaho igihe cyose umupolisi afite imyitwarire myiza, abasaba guhora barangwa n’ikinyabupfura banashimangira ihame ry’imitangire ya serivisi zinoze ku baturarwanda.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga