• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
28/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
28/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
28/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Ngoma: Ukekwaho gukora magendu yafatanwe ibiro 100 by’ifumbire yagenewe abahinzi

Umwanditsi
December 17, 2019

Polisi ikorera mu karere ka Ngoma mu murenge wa Remera, mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Ukuboza 2019 ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe umugabo witwa Twizeyimana Theoneste w’imyaka 40 ari kuri moto ifite icyapa RC 169 P itwaye ifumbire nyongeramusaruro ibiro 100 ayikuye mu karere ka Kayonza ayijyanye mu karere ka Ngoma.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko uyu mugabo yafashwe ubwo Polisi yari iri mu mukwabu ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano wo gusaka abakora bakanacuruza inzoga zitemewe.

Yagize ati: “Polisi ikorera mu murenge wa Remera ubwo yari iri muri iki gikorwa cyo gusaka izi nzoga zitemewe, nibwo mu masaha ya saa tatu z’igitondo babonye iyo moto ihanyuze ipakiye ibintu barayihagarika basanga ipakiye iyo fumbire babajije uwari uyitwaye aho akuye iyo fumbire n’aho ayijyanye abura ubusobanuro niko guhita bamufata”.

Twizeyimana Theoneste yahise ashyikirizwa ubuyobozi ngo akurikiranwe, yavuze ko iyi fumbire yayikuye mu karere ka Kayonza ari naho atuye akaba ngo yari ayishyiriye abahinzi bahinga amatunda muri ako karere ariko ntagaragaza abo yayiguze nabo cyangwa abayimuhaye.

CIP Twizeyimana avuga ko iyi fumbire abaturage baba bayihawe na leta ngo ibafashe kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo batemerewe kuba bayigurisha kimwe n’uko nta mucuruzi wemerewe kuyicuruza atabifitiye uburenganzira.

Yagize ati: “Iriya  fumbire leta iyiha abahinzi kugira ngo ibafashe kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo, umuturage ufashwe ayigurisha arahanwa, noneho byagera ku wagiye ayigura akayipakira akazayigurisha mu buryo bwa magendu arabihanirwa nk’abandi bose  bacuruza ibicuruzwa bya magendu byinjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Niyo mpamvu habaho ba rwiyemezamirimo bayirangura bazwi na leta bakayizana hafi y’abaturage ariko nabo bakagira amabwiriza yo kutarenza igiciro leta iba yarashyizeho”.

Yagiriye inama abagenerwa iyi fumbire, abacuruzi kimwe n’undi wese wifuza inyungu z’umurengera agacuruza iyi fumbire kubireka kuko nta cyiza cyabyo iyo abifatanwe bimugusha mu gihombo.

CIP Twizeyimana asaba buri wese kurwanya ubucuruzi bwa magendu kuko bugira ingaruka ku bukungu bw’igihugu n’ iterambere ryacyo kuko imisoro iba inyerejwe ariyo igihugu gikoresha mu guteza imbere abaturage binyuze mu kubaka ibikorwa remezo.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga