• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Umutekano wa mbere ni ukugira ibikorwa, byo dukesha imibereho yacu-Col Rugazora

Umwanditsi
January 1, 2020

Umuyobozi w’Ingabo mu turere twa Kamonyi, Muhanga, Ruhango na Nyanza, Col Emmanuel Rugazora ubwo yifatanyaga n’abaturage b’Umurenge wa Runda mu kagari ka Muganza mu gikorwa cy’umuganda wabaye kuwa 28 Ukuboza 2019 yabibukije ko bagomba kuganza ibibabangamiye byose birimo Ibiza n’ibibabuza gutera imbere byose. Ko kandi umutekano wa mbere ugaragarira mu bikorwa byo byubatse imibereho yaburi umwe wese.

Col Emmanuel Rugazora yagize ati” Tugomba kuganza ibyo aribyo byose bitubangamiye. Ibiza, n’ibitubuza gutera imbere byose. Iki gishanga ( Kamiranzovu) ntabwo cyari gifite akamaro nk’uko kigafite uyu munsi kandi mwabigizemo uruhare, kugira ngo duhere kuri ibyo, tumenyeko umutekano wa mbere ari ukugira ibikorwa byo dukesha imibereho yacu. Iyo tubayeho tuba dufite umutekano”.

Agasozi ka Muganza kakozweho umuganda, ni kamwe mudukikije igishanga cya Kamiranzovu. Mu bihe bishize iki gishanga cyari cyarangijwe n’ibiza by’amazi y’imvura ava ku misozi igikikije, aho byanangije byinshi bidasize ubuzima bw’abantu.

Agasozi ka Muganza kari mu kagari ka Muganza, ni hamwe mu hantu h’amateka nubwo nta kimenyetso runaka cyihariye kibigaragaza. Hari amateka y’ingabo z’u Rwanda zo ku gihe cy’Umwami Mibambwe Sekarongoro Mutabazi waganje Abanyoro.

Col Rugazora, avuga ku kwimakaza umurage ushingiye ku mateka y’ubutwari bw’izi ngabo bijyana no kuganza ibibangamiye imibereho myiza y’abaturage kandi bakamenya ko umutekano wa mbere ari ukugira ibikorwa bituma batera imbere bakabaho neza, bakiyubaka kandi bakubaka Igihugu cyabo.

Col Rugazora, yasabye abaturage n’abayobozi kugira ingamba nziza zo kubungabunga umutekano ariko by’umwihariko aho batuye bagakora amarondo. Yibukije ko  irondo ry’umwuga ridakuraho iry’abaturage, ko ahubwo riza riyunganira. Yasabye inteko z’abaturage gukora neza no guha umorongo unoze ibikwiye gukorwa ngo imibereho y’umuturage irusheho kuba myiza.

Soma indi nkuru bijyanye hano:Kamonyi: Guverineri Gasana yibukije ko umuganda ukozwe neza urinda Ibiza ugakiza ubuzima bw’abantu

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga