• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
24/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
24/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
24/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana

Kizito Mihigo arakekwaho ibyaha birimo kujya kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba

Umwanditsi
February 14, 2020

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, kuri uyu wa 14 Gashyantare 2020 rwatangaje ko bumaze iminsi ibiri bufite umuhanzi Kizito Mihigo, aho bwamushyikirijwe n’inzego z’Umutekano. Akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kujya kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba irwanya I Gihugu, icyaha cya Ruswa n’ibindi.

Rubinyujije ku rubuga rwa Twitter, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, rutangaza ko ku gicamunsi cyo kuwa 12 Gashyantare 2020 aribwo inzego z’umutekano zarushyikirije umuhanzi Kizito Mihigo, aho zamufatiye mu karere ka Nyaruguru ashaka kwambuka mu buryo bunyuranije n’amategeko ajya I Burundi.

Mu byaha RIB ivuga ko ikurikiranyeho uyu Kizito Mihigo harimo; Gukekwaho icyaha cyo kwambuka umupaka mu buryo bunyuranije n’amategeko agamije kujya kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba irwanya Igihugu ndetse n’icyaha cya Ruswa.

RIB, itangaza ko yatangiye iperereza kuri ibi byaha imukekaho kugira ngo dosiye ikorwe ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Umuhanzi Kizito Mihigo, mu mwaka wa 2015 yari yarakatiwe n’urukiko rukuru igihano cy’igifungo cy’imyaka icumi. Muri Nzeri 2018 biturutse ku mbabazi za Perezida wa Repubulika yararekuwe.

Kizito Mihigo imbere, aha yari afunguwe ku mbabazi za Perezida. Photo/internet

Icyaba cyateye uyu Muhanzi Kizito Mihigo gushaka gutoroka no kujya mubyaha akekwaho nk’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB rwabitangaje ntabwo kiramenyekana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5820 Posts

Politiki

4071 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

140 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga