• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Nyamagabe: Umucuruzi yafatiwe mu nzira ashyiriye mugenzi we ibiyobyabwenge

Umwanditsi
February 14, 2020

Twahirwa Pascal w’imyaka 32 niwe wafatiwe mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Musange acuruza ikinyobwa cya Kanyanga kitemewe mu Rwanda, kiri mu kiciro cy’ibiyobyabwenge byoroheje. Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police(CIP) Sylivestre Twajamahoro yavuze ko Twahirwa yafashwe mu gitondo kuri uyu Gatatu tariki ya 12 Gashyantare afatanwa Litiro 30.

Yagize ati: “Amakuru twahabwaga n’abaturage ni uko Twahirwa yari asanzwe akurikiranyweho gukora no gucuruza ikiyobyabwenge cya Kanyanga, yafashwe akijyaniye undi mucuruzi wo mu murenge wa Mwogo mu karere ka Nyanza”.

CIP Twajamahoro avuga ko Twahirwa yafatiwe mu cyuho afite amajerikani arimo iyo kanyanga ayishyiriye uwo mucuruzi mugenzi we.

Ikinyobwa cya Kanyanga ntabwo cyemewe mu Rwanda ndetse gishyirwa mu kiciro cy’ibiyobyabwenge byoroheje n’uburyo gikorwamo budakurikije amategeko.

Iteka rya Minisitiri Nº001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo mu ngingo ya 5 bagaragaza ko inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko zifatwa nk’ibiyobyabwenge byoroheje.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 bavuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Mu gika cya Gatatu muri iri tegeko bagaragaza ko ufatanwe ibiyobyabwenge byoroheje ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW).

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo yashimiye abaturage uburyo bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu kurwanya abakwirakwiza ibiyobyabwenge.

Ati: “Ubu bufatanye buragaragaza ubushake bw’abaturage mu kurwanya abanyabyaha hagamijwe gushimangira umutekano mu muryango nyarwanda”.

Yakomeje akangurira abaturage gukomeza gutangira amakuru ku gihe y’abantu bakora bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe ndetse n’abandi banyabyaha.

Ni kenshi Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bakora ubukangurambaga bwo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge cyane cyane ababikwirakwiza bakanabicuruza.  Abaturage bagaragarizwa ingaruka mbi zabyo ku buzima bwabo ndetse no ku mutekano w’igihugu bagakangurirwa kubyirinda ndetse no gutanga amakuru, ababifatiwemo bagashyikirizwa ubutabera.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga