• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Kamonyi/Mugina: Ikigo cya IHS Ltd cyishyuriye abaturage 500 Mituweli

Umwanditsi
February 15, 2020

Imiryango 116 igizwe n’abaturage 500 bo mu murenge wa Mugina kuri uyu wa 13 Gashyantare 2020 bishyuriwe ubwishingizi bw’ubuzima bw’umwaka wa 2019-2020 n’ikigo( company) IHS Ltd gishinzwe iminara y’itumanaho mu Rwanda no hanze yarwo.

Itsinda ry’abakozi b’iki kigo niryo ryaje ryitwaje inkunga ingana n’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu (1,500,000Frws) yo kwishyurira ubwishingizi bw’ubuzima-Mituweli iriya miryango igizwe n’abantu 500 batishoboye.

Madamu Yvette Umutoni, waje ayoboye itsinda ryazanye iyi nkunga yabwiye abitabiriye iki gikorwa by’umwihariko abahawe ubu bufasha ko ubuyobozi bw’ikigo baje bahagarariye bwishimira kugira uruhare mu kuzamura imibereho myiza y’umuturage, aho abaho abasha kugera ku buvuzi bw’ibanze. Yasabye abahawe iyi nkunga ko nabo bagomba gushyiraho akabo, bagakora bakiteza imbere.

Ubutumwa bwatanzwe n’abakiriye iyi nkunga( iyi miryango), bagarutse ku gushimira iki kigo cya IHS Ltd ku bufasha cyabahaye bwo kubasha kwivuza nk’abandi. Bijeje iki kigo n’ubuyobozi muri rusange ko bagiye gukora ku buryo umwaka utaha batazategereza kongera kwishyurirwa, ko ahubwo bazaba bari ku rwego rwo kwiyishyurira Mituweli.

Ku ruhande rw’Umurenge wa Mugina ndetse n’Akarere muri rusange, bashimiye uyu mufatanyabikorwa kuba ahaye abaturage inkunga yo kubafasha kwivuza, kuko ngo n’uwakora abiterwa no kuba afite amagara mazima. Basabye kandi abaturage kuba ku isonga mu kwishakamo ibisubizo, umwaka utaha bakaziyishyurira Mituweli. Basabwe by’umwihariko gukorera mu matsinda bakizigama kuko aribyo bizabafasha kurusha.

Ndayisaba Jean Pierre Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugina yabwiye intyoza.com ko iyi nkunga yatanzwe, isanze Abanyamugina ku kigero cya 86,89% muri Mituweli. Avuga ko yongereyeho 1,55%, bityo bikaba 88,44%. Iyi ni imibare ibarwa hatarimo abakoresha ubundi bwishingizi kuko bagiyeho imibare irahinduka ikaba 91%.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga