• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
24/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
24/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
24/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana

Abahoze ari abayobozi muri FDLR bongeye gusubizwa imbere y’urukiko

Umwanditsi
March 11, 2020

Kuri uyu wa 10 Werurwe 2020, bibaye ubugira gatatu abahoze ari abayobozi mu mutwe wa FDLR basubizwa imbere y’urukiko, mu rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha byambukiranya imbibi ruri i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda. Inshuro ebyiri za mbere ntibaburanye kubera impamvu zitandukanye zirimo kuba abaregwa umwe muri bo ntamwunganizi yari afite, abunganira abaregwa kuba hari inyandiko mvugo bataboneye igihe n’ibindi.

Saa mbiri n’iminota icumi abaregwa bose aribo Nkaka Ignace alias La Forge Fils Bazeye wari Umuvugizi mu mutwe wa FDLR na mugenzi we Nsekanabo Jean Pierre alias Abega Kamara warushinzwe ubutasi muri uyu mutwe bageze ku rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha byambukiranya imbibi ruri i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda bambaye imyambaro y’iroza isanzwe iranga abagororwa mu Rwanda bafite dosiye zabo mu ntoki bambaye amapingu ku amaboko barinzwe n’abacungagereza.

Inteko iburanisha yageze mu rukiko saa mbiri n’iminota mirongo ine n’itanu, abunganira abaregwa bose badahari. Nyuma gato Me Nkuba Milton na Me Habimfura Elias bunganira abaregwa barinjiye, ukuriye inteko iburanisha ababwira ko basanze bari kwiga uko bagiye kubaca amande y’ubukererwe.

Umucamanza yabanje kureba niba imyirondoro yabaregwa ariyo, maze aha umwanya ubushinjacyaha gusobanura ibirego byabo, aho aba bagabo bombi baregwa ibyaha birenga bitanu birimo iby’iterabwoba, gukorana n’ibihugu by’amahanga bagamije gushoza intambara mu Rwanda n’ibindi.

Ubushinjacyaha bwabanje kuvuga uko aba bagabo bombi bagiye mu mutwe wa FDLR bazi ibyo ukora, aho Nkaka yawinjiyemo mu mwaka w’1997 yaranasanzwe akora mu ishuri ry’isumbuye, naho Nsekanabo yari yarashoje amashuri yisumbuye mu mwaka w’1994 yinjira muri uyu mutwe mu mwaka w’1998 abanje kujya kwiga ibya gisirikare cy’abacengezi bari mu burengerazuba bw’u Rwanda.

Ubushinjacyaha buvuga ko Nkaka akigera muri uyu mutwe yahise ashingwa icengezamatwara, aho yayoboraga ikinyamakuru ijwi ryarubanda ari naho anyuzamo iryo cengezamatwara, dore ko no muri Kaminuza yari yarizemo indimi.

Aba bagabo kandi bashinjwa kwica abaturage mucyiswe intambara y’abacengezi aho ngo banangije ibikorwa by’abaturage. Aha umushinjacyaha yavuze inkambi y’impunzi ya Mudende hishwe abaturage 200, ubwicanyi bwabereye ku ruganda rwa Pfunda n’ahandi.

Ubushinjacyaha buvuga ko aba bagabo bakwiye kuryozwa ibyaha bakoze kuko bagiye mu mutwe urwanya Leta y’u Rwanda bazi neza ibyo ukora, kandi ko bagomba kubazwa ibyabereye muri FDLR byose kuva bajyamo kugeza bafashwe kuko bari abizerwa ari n’abayobozi n’ubwo bafashwe bavuye kwiga uko bahungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bafatiwe i Bunagana ku mupaka wa Uganda na DRC mu mwaka wa 2018, ku mikoranire y’ibihugu byombi(Rwanda na DRC)bavuye mu mishyikirano na RNC nayo ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Iburanisha rya none ryasojwe ubushinjacyaha bwihariye umwanya, abaregwa n’ababunganira ntamwanya bahawe. Urubanza rw’aba bagabo Nkaka uvuka mu karere ka Nyabihu na mugenzi we Nsekanabo uvuka mu karere ka Rubavu rukazasubukurwa kuwa 16 Mata 2020, ubushinjacyaha bukomeza kugaragaza ibimenyetso by’ibyaha babarega.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5820 Posts

Politiki

4071 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

140 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga