Umupolisi n’abandi bantu barimo umunyerondo bafashwe bazira guhohotera umuturage

Polisi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, kuri uyu wa 02 Mata 2020 yatangaje ko yafashe abantu batatu barimo umupolisi wayo, aho bakurikiranyweho guhohotera umuturage.

Intandaro yo gutabwa muri yombi k’uyu mupolisi, ni Video ( amashusho) yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga arimo uyu mupolisi n’abandi barimo abanyerondo aho bakubise umuturage, nyuma ugaragara mu myenda y’abanyerondo agakubita umutego w’umurandurano uyu muturage akabanza umutwe hasi.

Ku makuru agera ku intyoza.com ni uko uyu muturage ngo yazizwaga kuba yarenze ku mabwiriza ya Leta ya “Guma murugo”, agamije gufasha mu gukumira no kwirinda icyorezo cya CoronaVirus.

Muri iyi Video, umuturage agaragara ahagaze ndetse akumvikana mu majwi asubizanya n’abamuhohoteraga, barimo uyu mu Polisi wabanje kumukubita no ku musunika, nyuma ugaragara nk’umunyerondo akanyura kuruhande akamurahamo umutego, aho yikubise hasi abanje umutwe, bagahita bagenda(umupolisi n’abanyerondo).

Kuri uyu wa 01 Mata 2020, umuntu wakoresheje Twitter ku mazina ya @IrakozeKenny, yashyizeho aya mashusho agaragaza iri hohoterwa ryakorewe umuturage, anandika ubutumwa bunenga uburyo bwakoreshejwe muguhohotera uyu muturage.

Nyuma, Polisi y’u Rwanda yahise isohora itangazo risubiza yanyujije kuri Twitter yayo ivuga ko igiye kubikurikirana. Kuri uyu wa kane tariki 02 Mata 2020, yatangaje ko aba bantu batawe muri yombi barimo n’umupolisi.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →