Bishop Mukabadege Liliane yatawe muri yombi, imodoka ye irafatirwa azira kubeshya Polisi

Polisi y’u Rwanda ku mugoroba w’uyu wa 05 Mata 2020, yatangaje ko yataye muri yombi Bishop ( usanzwe uzwi nka Apotre-Intumwa), aho yanyuranije n’amabwiriza ya Guma murugo. Yabeshye Polisi ko agiye kuri Radio, bamufatira murusengero Kimisagara n’imodoka ye irafatirwa.

Mu itangazo Polisi y’u Rwanda yanyujije kurubuga rwayo rwa Twitter, yavuze ko uyu muvugabutumwa-Bishop, Apotre ( bitewe n’uko umuzi) yafashwe nyuma y’uko abeshye abapolisi bamuhagaritse ko agiye kuri Radio, naho yigiriye mu rusengero rwe ku Kimisagara ariho bamusanze, bakamufata.

Uretse kuba Polisi yafashe Bishop Mukabasege Likiane, n’imodoka yagenderagamo nayo yafatiriwe. Polisi, yanaboneyeho gusaba buri wese kwirinda kuyibeshya kuko bihanirwa, inatanga izindi nama zagufasha kwirinda kugongana n’amategeko.

Itangazo rya Polisi rigira riti:

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →