• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Nyanza: Abakekwaho gusengera mu rugo bateranye batawe muri yombi

Umwanditsi
April 25, 2020

Mu Mudugudu wa Gitwa, Akagali ka Kimirima, Umurenge wa Busoro ho mu karere ka Nyanza haravugwa abantu batawe muri yombi kuri uyu wa 25 Mata 2020 bazira gusengera mu rugo rw’umuntu. 

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buvuga ko bwahawe amakuru n’inzego z’ibanze ko hari abantu barenze ku mabwiriza ya Leta asaba buri wese ku guma mu rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.

Abafashwe, basanzwe mu rugo rw’uwitwa Yabarengeye Chantal, aho ngo yari yarakoze urusengero iwe mu rugo kandi binyuranije n’amabwiriza ya Minisitiri w’Intebe yo kurwanya Covid-19 nk’uko umuyobozi w’akarere ka Nyanza Bwana Ntazinda Elasme yabitangarije intyoza.com

Yagize ati” Nibyo hari abantu bari barahinduye inzu urusengero kandi bitemewe, turahagera abo bantu turabafata ubu turabafite kuri Police”.

Meya Ntazinda, akomeza yibutsa abaturage ko bibujijwe muri ibi bihe guteranira mu rugo abantu basenga, ko nta masengesho rusange yemewe, ko gahunda ari Guma mu rugo.

Ati” Ndibutsa abaturage b’Akarere ka Nyanza ko bibujijwe guteranira hamwe ngo bari mu masengesho, abantu ni ukuguma mu rugo kugirango twirinde gukwirakwiza Covid-19 ariyo turi kurwana nayo mu Rwanda no ku Isi yose”.

Amakuru agera ku intyoza.com avuga ko aba bantu basengeraga hamwe ari abiyomoye kw’itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, bose hamwe bakaba bari barindwi kandi ngo bakaba bafite imyumvire ubuyobozi buvuga ko bica amabwiriza nkana.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga